Ubukwe bwa Kanimba na Soleil bo muri Bamenya byarangiye bubaye Filimi
Yanditswe: Friday 17, Nov 2023
Kuri uyu wa 17 Ugushyingo,nibwo hacicikanye amafoto y’abakinnyi babiri ba Sinema Nyarwanda, Delphine Ortha Uwase [Soleil] na Mazimpaka Wilson [Kanimba] bamenyekanye muri filime y’uruhererekane ya Bamenya bakoze ubukwe.
Ni amafoto yaje akurikira Integuza y’ubu bukwe bashyize hanze tariki ya 7 Ugushyingo 2023 basaba abantu kuzabashyigikira.
Benshi babyimye amatwi bavuga ko ari filime barimo kumenyekanisa kugira ngo izasohoke ifitiwe amatsiko na benshi.
Nubwo byari byemejwe ko ibi birori ari ukuri aba barushinze,amakuru yagiye hanze yemeje ko ari filimi aba bombi bakinnye atari ubukwe bya nyabyo.
Iyi ni filimi y’uruhererekane aba bakinnye ndetse bemeje ko ari igice cya 45 cya filime bakina bakundana,itakumbuka kuri YouTube.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *