skol
fortebet

Intare y’inyabwoba yaguye mu ishyo ry’imbogo yurira igiti kugira ngo ikize amagara [AMAFOTO]

Yanditswe: Wednesday 09, Jun 2021

Sponsored Ad

Nubwo bisanzwe bizwi ko intare ari imwe mu nyamaswa zigira ubutwari ariko imwe muri izo nyamaswa y’ahitwa Masai Mara muri Kenya yaguye ku ishyo ry’imbogo ziri kurisha ubwoba burayitaha niko kurira igiti ngo zitayica.

Sponsored Ad

Gafotozi witwa Olav Thokle w’imyaka 54 ukomoka Norway,niwe washyize hanze ifoto y’iyi ntare iri mu giti yihishe izi mbogo zari nyinshi.

Intare 4 zo mu itsinda ryiswe Black Rock Boys zirukanse ku mbogo 500 ariko izi ntare zahuye n’uruva gusenya kuko imwe muri izi imbogo yahagaze izirukaho iyi ntare y’inyabwoba ibona pariki iyicikiyeho niko guhita yurira igiti ngo idapfa.

Uyu gafotozi warimo kwirebera ibi birori yavuze ko iyi ntare yamaze amasaha menshi yihishe muri iki giti kubera ubwoba.

Olav yagize ati “Imbogo zamenye ko hafi yazo hari intare hanyuma ikomeye muri zo ihita izirukaho 3 muri zo zirahunga zirayisiga hanyuma imwe igotwa n’ishyo ry’izi mbogo inanirwa gucika.

Yahise ibona igiti kiri cyonyine niko kwiruka iracyurira ihunga izi mbogo zari nini cyane.Yahamaze isaha kugeza ubwo imbogo zavuye muri ako gace.”

Olav akunze kuzenguruka isi yose afotora inyamaswa z’inkazi aho yageze muri Alaska, Svalbard, Finland no hirya no hino muri Africa.

Masai Mara n’icyanya kinini kibamo intare,ingwe,ibisamagwe n’izindi nyamaswa nini z’inkazi.





Ibitekerezo

  • Iyi nkuru mwayishishuye kuri The Sun mujye mubivuga

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa