Umugore wo muri Afrika y’Epfo yafashe umugabo ari gusambanya ipusi ye, yambaye ubusa, niko guhamagara polisi imuta muri yombi cyane ko hari ibindi birego yashinjwagamo gusambanya imbwa n’amapusi y’abandi.
Uyu mugabo usanzwe azwiho ibyaha byo gufatwa asambanya inyamaswa,yafashwe n’uyu mugore utavuzwe amazina amereye nabi ipusi,ntiyamwiyereka ahita ahamagara polisi zimusanga akiri kuyisambanya.
Uyu mugabo wigeze gufatwa ari gusambanya imbwa ntibivugwe cyane,yakoze amahano ajya gusambanya ipusi y’uyu mugore.
Uyu mugore yumvise iyi pusi iri kuvuza induru niko kwerekeza aho urusaku rwayo rwaturukaga,arebye abona n’umugabo ari kuyisambanya nawe ahita ahamagara abapolisi.
Polisi yo mu gace ka Verulam gaherereye Durban, muri afrika y’Epfo bahise berekeza mu rugo rw’uyu mugore basanga uyu mugabo ari kwambara ipantaro yuzuyeho ubwoya bw’iyi njangwe yasambanyaga.
Polisi yavuze ko yahamagawe n’uyu mugore kuwa Gatanu w’iki Cyumweru nyuma ya saa sita basanga koko uyu mugabo amaze kurangiza aya mahano.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *