skol
fortebet

Umukobwa w’icyamamare yasebeje umukinnyi w’umunya Portugal amuziza igitsina gito cyane

Yanditswe: Thursday 05, Nov 2020

Sponsored Ad

Umukobwa witwa Mari Cielo Pajares usanzwe azwi cyane muri Espagne kubera kugaragara mu biganiro bitandukanye bica kuri TV yatangaje ko atazibagirwa ukuntu yigeze kuryamana n’umukinnyi w’icyamamare muri Portugal ariko agasanga afite igitsina gito cyane.

Sponsored Ad

Mari Cielo Pajares usanzwe ari umukobwa w’icyamamare mu gukina filimi muri Espagne witwa Andres Parajes,yatangaje ko hari umukinnyi w’umunya Portugal uzwi baryamanye ariko ngo igitsina cye cyari gito cyane ku buryo yashatse kwanga ko batera akabariro.

Ubwo yari mu kiganiro cyitwa ’La Cara Fuerte 2’yabajijwe ikintu atazibagirwa mu buzima bwe ubwo yakinaga filimi z’urukozasoni ndetse na byinshi biri mu gitabo yanditse kitwa ’Memoirs of a Whore’ avuga ko atazibagirwa uyu mukinnyi.

Yagize ati “Ubwo bwari bugiye gucya,umukinnyi w’umunya Portugal yambwiye ko aricyo gihe ngo tujye gutera akabariro.Ubwo yakuragamo agakabutura k’imbere,nabonye igitsina gito cyane kurusha ibindi byose nabonye.Iyo nshaka gukinisha igitsina cye nari gukenera microscope cyangwa GPS.”

Abajijwe n’ikinyamakuru Diez Minutos uwo mukinnyi,Mari yagize ati “Ntabwo namuvuga izina ndetse nta niryo nzavuga kugira ngo ntazamwicira ubuzima.

Twajyamanye inshuro nyinshi.Ateye neza ndetse afite amatuza ariko ubwo yakuragamo umwenda w’imbere numvise namubwira nti “bye.”

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa