skol
fortebet

Umunyamideli waciye ibintu kubera kugira mu nda nk’ah’urutozi yatangaje ko ashaka kuba Perezida w’igihugu [AMAFOTO]

Yanditswe: Thursday 23, Jul 2020

featured-image

Sponsored Ad

Umunyamideli ukomoka muri Gambia witwa Princess Shyngle yatangaje ko nubwo akunzwe mu kumurika imideli ariko afite inzozi zo kuzaba umukuru w’igihugu ukurura abagabo kurusha abandi bose ku isi.

Sponsored Ad

Uyu mukobwa wibera mu gihugu cya Ghana ariko ukunzwe na benshi muri Afurika yavuze ko inzozi ze ari ukuba Perezidante wa Gambia mu myaka iri imbere.

Princess Shyngle abinyujije kuri Instagram yagize ati “Mfite inzozi zo kuzaba umugore wa mbere utegetse Gambia kandi nizeye ko inzozi zanjye zizaba impamo.nzaba ndi perezida ukurura abagabo kurusha abandi bose ku isi.”

Uyu mukobwa yavuze ko naba perezida azahindura ibintu byinshi muri Gambia ndetse ahita asaba abafana kumuha ibitekerezo kuri izi nzozi zikomeye afite zo kuba perezida wa mbere wa Gambia.

Bamwe mu bafana be bishimiye izi nzozi yagize gusa abandi bamwibasiye bamubwira ko ari ibisanzwe ku byamamare kubeshya abantu kugira ngo bumve akabavamo.


Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa