skol
fortebet

Yiganye Daniel wo muri Bibiliya ajya mu rwobo rw’intare ziramuhitana

Yanditswe: Thursday 29, Apr 2021

Sponsored Ad

Umuhanuzi wo muri Nigeria witwa Daniel Ebodunrin ari mu bantu bavugwa cyane mu mujyi wa Ibadan muri Leta ya Oyo muri Nigeria kubera ukuntu yahaze amagara ye akinjira mu nzu yororerwamo intare ashaka kwigana Daniel wo muri Bibiliya.
Nkuko inkuru zo muri Nigeria zibitangaza,uyu mugabo yakoze ubu bwiyahuzi mu mwaka wa 1991 ubwo yari yasuye ahororerwa inyamaswa,University of Ibadan Zoological garden.
Kubera ukuntu uyu mugabo yari yaracengewe n’inkuru yo muri Bibiliya ya Daniyeli wajugunywe mu (...)

Sponsored Ad

Umuhanuzi wo muri Nigeria witwa Daniel Ebodunrin ari mu bantu bavugwa cyane mu mujyi wa Ibadan muri Leta ya Oyo muri Nigeria kubera ukuntu yahaze amagara ye akinjira mu nzu yororerwamo intare ashaka kwigana Daniel wo muri Bibiliya.

Nkuko inkuru zo muri Nigeria zibitangaza,uyu mugabo yakoze ubu bwiyahuzi mu mwaka wa 1991 ubwo yari yasuye ahororerwa inyamaswa,University of Ibadan Zoological garden.

Kubera ukuntu uyu mugabo yari yaracengewe n’inkuru yo muri Bibiliya ya Daniyeli wajugunywe mu rwobo rw’intare akaruvamo ari muzima nawe yiyemeje kujya aho ziba zimwica zikimubona.

Nubwo ngo muri iyi Zoo habamo inyamaswa nyinshi,izi ntare ngo nizo zikurura abantu benshi kuva iki cyanya cyashingwa muri 1948 nkuko ibinyamakuru byo muri Nigeria bibitangaza.

Ku munsi uyu Daniel yapfiriyeho,iyi Zoo yari yasuwe n’abantu benshi baje kureba izi ntare ariko uyu mugabo we ngo yaje ashaka kwereka abantu ibitangaza cyane ko yari asanzwe ari umuhanuzi.

Uyu mugabo yabwiye aba bantu icyo gihe ko ashobora kubera ko Imana yakiza umuntu intare nkuko byagenze mu gihe cya Daniyeli wo muri Bibiliya.

Uyu ngo yahise asaba abarinzi kwinjira barabyanga akomeza guhatiriza ariko bigeze nyuma yinjiramo barangaye.

Uyu Daniel Ebodunrin yizeraga ko Imana ihora ku ruhande rwa ba Daniyeli kugeza nubu ari nayo mpamvuyakomeje gutekereza kuzajya aho intare ziba ngo ahakorere ibitangaza.

Uyu mugabo wari wambaye ikanzu y’umutuku afashe na Bibiliya nini,yinjiye muri iri senga ry’intare hanyuma atangira gusoma Bibiliya cyane.

Ikinyamakuru OldNaija kivuga ko yavugaga cyane ngo "Jah,Jah,Jah",byatumye izi ntare zigira mu nguni y’inzu zarimo.

Uyu mugabo yaje gukora ikosa arazegera niko kumusimbukira ziramufata ziramushwanyaguza arapfa.Abarinzi bagerageje gutabara biba iby’ubusa.

Bibiliya ivuga ko uyu Daniyeli yajugunwe mu rwobo rw’intare n’abantu bamugiriye ishyari ariko kubera ko yubahaga Imana cyane yohereza umumarayika abumba iminwa y’intare ntizamurya.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa