skol

Abarimo Janet Magufuli na Perezida Suluhu wamusimbuye basutse amarira ubwo basezeraga Magufuli[AMAFOTO]

Yanditswe: Tuesday 23, Mar 2021

Sponsored Ad

skol

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 22 Werurwe 2021, ibikorwa byo gusezera kuri Perezida wa Tanzania, Dr John Pombe Magufuli uheruka kwitaba Imana mu cyumweru gishize, byakomereje mu mujyi wa Dodoma.

Ibihumbi by’abaturage ba Tanzania batuye mu mujyi wa Dodoma bateraniye kuri Stade ya Uwanja wa Jamhuri aho basezereye kuri Perezida Magufuli.

Mu bari bateraniye muri iriya Stade harimo Janet Magufuli, umupfakazi wa Nyakwigendera Perezida Magufuli.

Uyu mubyeyi yafashwe yongeye gufatwa n’ikiniga asuka amarira, ubwo yibukaga uwahoze ari umugabo we.

Janet Magufuli yari yicaranye na Perezida mushya wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan na we wananiwe kwifata aririra Magufuli yahoze abereye Visi-Perezida.

Amafoto n’amashusho yafashwe n’ikinyamakuru Bongo 5 agaragaza abenshi mu baminisitiri n’abadepite ba Tanzania na bo baboroga, kubera urupfu rwa Perezida Magufuli.

Ku wa Gatatu tariki ya 17 Werurwe ni bwo Perezida Magufuli yitabye Imana azize indwara y’umutima, mu rupfu rwashenguye abenshi mu banya-Tanzania n’abaturage ba Afurika y’Iburasirazuba.

Biteganyijwe ko Magufuli azashyingurwa ku wa Gatanu tariki ya 26 mu gace ka Chato avukamo, nyuma yo gusezerwaho n’abaturage b’igihugu cye.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa