Cristiano Ronaldo arifuza kugurwa akayabo k’amayero ataragurwa n’umukinnyi numwe mu mateka ya Ruhago Ku ikipe imwifuza(AMAFOTO)
Yanditswe: Saturday 17, Jun 2017
.Ikipe yifuza Ronaldo igomba kumutangaho miliyoni 1000 z’amayero .Ronaldo arashinjwa kutishyura imisoro .Ronaldo yatangaje ko yifuza kuva mu ikipe ya Real Madrid .Paris saint-Germain na Manchester United zirahabwa amahirwe yo kwegukana Ronaldo .Ronaldo afitanye amasezerano na Real Madrid azamugeza muri 2021 .Ronaldo arahabwa amahirwe yo kwegukana ballon d’or ya gatanu uyu mwaka
Umusore Cristiano Ronaldo utorohewe na gato muri iyi minsi kubera ikibazo arimo aho ashinjwa kunyereza imisoro (…)
.Ikipe yifuza Ronaldo igomba kumutangaho miliyoni 1000 z’amayero
.Ronaldo arashinjwa kutishyura imisoro
.Ronaldo yatangaje ko yifuza kuva mu ikipe ya Real Madrid
.Paris saint-Germain na Manchester United zirahabwa amahirwe yo kwegukana Ronaldo
.Ronaldo afitanye amasezerano na Real Madrid azamugeza muri 2021
.Ronaldo arahabwa amahirwe yo kwegukana ballon d’or ya gatanu uyu mwaka
Umusore Cristiano Ronaldo utorohewe na gato muri iyi minsi kubera ikibazo arimo aho ashinjwa kunyereza imisoro igera kuri miliyoni 14 z’amayero biravugwa ko ashaka kuva mu ikipe ya Real Madrid ariko amafaranga yatangwa n’ikipe imwifuza akomeje gutangaza abantu.
Ikinyamakuru cyitwa Bola cyo muri Portugal cyandika inkuru z’imikino cyatangaje ko Cristiano Ronaldo yavuze ko yifuza kuva mu ikipe ya Real Madrid gusa iki kinyamakuru kikaba kivuga ko bisa nk’ibidashoboka kubera amasezerano afitanye n’ikipe ya Real Madrid.
Inkuru ya Ronaldo y’uko ashaka kuva muri iyi kipe yasakaye cyane nyuma y’aho uyu musore yahamijwe icyaha cyo kunyereza imisoro ingana na miliyoni 14.7 z’amayero, gusa Ronaldo we akaba abihakana yivuye inyuma.
Kuri ubu biravugwa ko nyuma yo gushinjwa gukwepa imisoro Ronaldo yikomye cyane ikipe ye ya Real Madrid ndetse akaba ari nayo mpamvu yifuza kuva muri iyi kipe.
Gusa Ronaldo n’ubwo yifuza kugenda birasa nk’aho ari gushaka ibidashoboka kuko mu kwezi k’Ugushyingo umwaka ushize wa 2016 aribwo yasinye amasezerano y’imyaka 5 muri iyi kipe azamugeza mu mwaka wa 2021.
Muri aya masezerano Ronaldo yasinye harimo ingingo ivuga ko ikipe imwifuza igomba kumutangaho miliyari imwe y’amayero. Ni ukuvuga ko hagize ikipe yiyemeza kuyatanga Ronaldo yaba akubye inshuro 10 amafaranga Pogba yaguzwe aza mu ikipe ya Manchester United.
Ronaldo afite amasezerano azamugeza mu mwaka wa 2021 mu ikipe ya Real Madrid
Ibi bivuze ko kandi nta kipe yashobora kugura uyu mukinnyi itishe itegeko rigenga igura n’igurisha ry’abakinnyi. Ikipe yakiyemeza kumugura aya mafaranga yafatirwa ibihano.
Biravugwa ko kugeza ubu hari ikipe yamaze guterekaho miliyoni 180 z’amayero kugira ngo yibikeho Ronaldo.
Mu makipe ari gushyirwa mu majwi ashobora gusinyisha uyu mukinnyi harimo Manchester United yahoze akinira mbere yo kwerekeza muri Real Madrid, Gusa ikibazo kirimo ni umubano utari mwiza bivugwa ko uri hagati y’umutoza Jose Mourinho na Ronaldo.
Paris Saint- Germain yo mu Bufaransa ngo nayo ni imwe mu makipe yifuza uyu musore na cyane ko bashaka kwiyubaka bikomeye nyuma yo gutwarwa igikombe cya Shampiyona na AS Monaco.
Aya makipe yombi mu gihe yaba ananiwe kugura uyu mukinnyi biravugwa ko yahita yerekeza mu Bushinwa mu gihe yaba akomeje gahunda yo kuva muri Real Madrid.
Ronaldo niwe umaze gutsinda ibitego byinshi mu irushanwa rya Champions league mu mateka yaryo.
Ronaldo amaze gutwara imipira 4 ya zahabu (ballon d’or) ndetse arahabwa amahirwe yo kwegukana umupira wa 5 wa zahabu kubera uburyo yafashije ikipe ya Real Madrid kwegukana igikombe cya champions league. Uyu ni umupira uhabwa umukinnyi uba yaritwaye neza kurusha abandi ku mugabane w’Uburayi.
Ronaldo yafashije ikipe ya Real Madrid kwegukana ibikombe byinshi.
Uyu musore w’umunya Portugal kuva yagera muri Espagne yahesheje ikipe ya Real Madrid ibikombe bitandukanye harimo ibya shampiyona ndetse na bitatu bya champions league.
Ibitekerezo
Azaze muri Kiyovu sport