Diamond yahishuye umwe mu babyeyi be ukomoko muri Uganda
Yanditswe: Sunday 05, Jul 2020
Diamond Platnumz benshi bari bazi ko ari Umutanzaniya nyawe, yabiteye utwatsi yemeje ko se afite inkomoko muri Uganda.
Diamond yatangaje aya makuru mu nyandiko nshya yanyujije kuri Instagram ubwo yashyiraga hanze amashusho ya bamwe mu bana ba Uganda, Ghetto Kids babyina indirimbo ye aheruka gukora afatanije na Rayvany yitwa “Amaboko”. Muri aya magambo yanditse, yahishuye ko Se umubyara ari Umugande nk’inkomoko ye.
Nubwo uyu muhanzi atigeze ahishura byinshi kuri aya makuru, yishimiye ko yari Umugande. Yavuze kandi ku bana be 2 bakomoka muri Uganda, aha akaba yashakaga kuvuga Latiffan na Nilan yabyaranye n’Umugandekazi Zari Hassan.
Mu magambo make ya Diamond Platnumz yagize ati “UGANDA, muzi ko papa akomoka hariya kandi abana banjye bombi bakomoka hariya”. Ibi byatunguye abantu cyane ko ubusanzwe uyu muhanzi adakunze kuvuga ibya se wamubyaye, Mzee Abdul umutanzania bizwi neza ko ari se wamwibarutse.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *