Dore bimwe mu bihugu byamenyekanye kubera imirwano ibera mu Inteko Nshingamategeko [ AMAFOTO]
Yanditswe: Tuesday 08, May 2018
Mu bihugu byamenyekanye kubera imirwano ibera mu Inteko Nshingamategeko turasangamo Afurika y’epfo , Ubuhinde, Taiwan, Uganda n’ahandi.
Muri iki gihe, mu nyubako z’inteko nshingamategeko z’ibihugu bitandukanye ku Isi, bimaze kumenyerwa ko rimwe na rimwe haba imyigaragambyo idasanzwe, itari yayindi imenyerewe ikorwa n’abaturage . Dore bimwe mu bihugu byagaragaweho kurwana mu nteko, aho abadepite cyangwa abasenateri barwana kubera kutumvikana ku ngingo runaka.
Ubuhinde
mu mwaka w’1997, mu nama y’inteko nshingamategeko abadepite ntibumvikanye, ubundi indangururamajwi bazikoresha nk’imijugujugu muri uttar Pradesh.
Taiwan
mu mwaka wa 2007, muri iki gihugu ubwo batumvikanaga uburyo ingengo y’imari y’igihugu yatinze, abadepite ntibanyurwa n’ibisobanuro byatangwaga , ibyo bivamo imirwano ikomeye.
Bolivia
mu mwaka wa 2007, iki gihugu nacyo mu nteko nshingamategeko habaye imirwano mu kiganiro mpaka mu gushyiraho cyangwa kureka ibihano bihabwa ufatiwe muri ruswa.
Nigeria
nka kimwe bihugu bizwiho kugira abaturage benshi, kikaba kinafite perezida uzwiho kuba arangwa n’uburwayi bwa hato na hato, mu mwaka wa 2010 Abadepite bararwanye ubwo bashinjaga umukuru w’inteko kukuba yaramunzwe na Ruswa. Ibi byateye imirwano mu gihe inama yabaga.
Somalia
mu mwaka wa 2011 , mu nteko nshingamategeko, abadepite bateranye amakaramu birangira banarwana bikomeye, bane muri bo bajya mu bitaro.
Argentine
muri 2010, mu nteko nshingamategeko, ukutumvikana hagati y’abadepite kwatumye umwe mubadepite Graciela Camano akubita urushyi mugenzi we, bitewe n’ingengo y’imari y’igihugu yateye imvururu muri iyi nteko.
Afurika y’epfo
muri Gashyantare uyu mwaka, igihugu kizwiho kunenga umukuru w’igihugu Jacob Zuma, unengwa kwigwizaho imitungo no kuba igihugu ayoboye cyaramunzwe na ruswa ugereranyije n’abakuru b’igihugu bamubanjirije. Ubwo Perezida Jacob Zuma yari yitabiriye inama, mbere yuko agira icyavuga abadepite bava mu yandi mashyaka bateye imvururu, batangira kurwana, baterana Intebe. Abashinzwe umutekano basohora ababaga mu ishyaka ry’abarwanira ukwigenga mu bukungu (Economic Freedom Fighter’s Party).
Uganda
Muri iki cyumweru, abadepite barimo uwahoze ari umuhanzi Bob Wine barwaniye mu nteko nshingamategeko, dore ko ingingo yo guhindura imyaka ntarengwa kuri perezida mu kuyobora igihugu Yoweri Museveni kugeza ubu uyoboye iki gihugu batayivugaho rumwe. Perezida Museveni w’imyaka 73, iyi myaka ntimwemerera kongera kwiyamamariza umwanya wo kuyobora, kuko amaze kurenza 70.




Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *