Inkuru isekeje y’umutoza wirukanywe azira gutsinda ibitego byinshi ikipe bari bahanganye(AMAFOTO)
Yanditswe: Saturday 17, Jun 2017
. Udukoryo mu mukino w’umupira w’amaguru .Icyemezo gisekeje nyuma y’intsinzi y’ikirenga . Umutoza yakoze ibyiza birenze ibikenewe
Ubwo dusanzwe tumenyereye ko intsinzi ari iyo gushimirwa no kwishimira, uyu mutoza we byamubereye impamvu yo gutakaza akazi, hafi yo gufatirwa n’ibindi bihano nyuma yo kwandagaza ikipe bahanganye akayitsinda ibiego 25-0. Nk’uko inkuru dukesha ikinyamakuru kitwa tintuc24honline.net , Ngo umutoza w’ikipe y’abana y’umupira w’amaguru yo mu gihugu cya Espagne, (…)
. Udukoryo mu mukino w’umupira w’amaguru
.Icyemezo gisekeje nyuma y’intsinzi y’ikirenga
. Umutoza yakoze ibyiza birenze ibikenewe
Ubwo dusanzwe tumenyereye ko intsinzi ari iyo gushimirwa no kwishimira, uyu mutoza we byamubereye impamvu yo gutakaza akazi, hafi yo gufatirwa n’ibindi bihano nyuma yo kwandagaza ikipe bahanganye akayitsinda ibiego 25-0.
Nk’uko inkuru dukesha ikinyamakuru kitwa tintuc24honline.net , Ngo umutoza w’ikipe y’abana y’umupira w’amaguru yo mu gihugu cya Espagne, yirukanwe n’ubuyobozi bw’iyi kipe azira gutsinda cyane no kwitwara neza bikabije, nyuma y’uko ikipe ye yari imaze gutsinda ibitego 25 byose ku busa bw’indi kipe bakinaga.
Uyu mutoza utaratangajwe amazina ye, yatozaga ikipe y’abana batarengeje imyaka 11 y’amavuko yitwa Serranos B. Iyi kipe rero ikaba yarandagaje indi byakinaga yitwa Benicalap zombi zo mu mujyi wa Valencia muri Espagne.
N’ubwo we yumvaga yitwaye neza bityo akaba agomba kubishimirwa, ubuyobozi bw’ikipe bwo si ko bwabigenje ahubwo bwahise bumwirukana.
Umuterankunga wayo witwa Pablo Alcaide akaba avuga ko batashoboraga kubyihanganira.
Yagize ati: “Twebwe twumva umutoza agomba kubaha ikipe baba bakina, nyuma y’umukino twanzuye ko tumwirukana kuko yatsinze byinshi arakabya.”
Umunyamategeko wunganira uwo mutoza ariko we avuga ko agomba kujyana iyo kipe mu butabera kuko yumva umukiriya we yarenganyijwe bikomeye.
Ubusanzwe mu gihugu cya Espagne, ikipe yatsinze indi ibitego byinshi byishimirwa hari umuco w’uko biba bitarenga 10, naho ngo uko bigenda birengaho bisuzuguza iyo kipe bikagaragaza ko yakinnye n’agakipe koroheje cyane bityo ko itatsinze kubera ubuhanga bwayo.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *