skol

Leta ya Uganda yarezwe ishinjwa kutubahiriza amategeko mu gufata ingamba zo kwirinda Coronavirus

Yanditswe: Sunday 12, Apr 2020

Sponsored Ad

skol

Wale Mabirizi, umunyamategeko muri Uganda yareze Leta, ayishinja kugumisha abantu mu ngo n’izindi ngamba zategetswe na Perezida Museveni mu kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus, avuga ko zafashwe mu buryo butubahirije amategeko.

Wale Mabirizi mu kirego cye mu rukiko rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EACJ), yavuze ko izi ngamba zinyuranyije n’ibiteganywa n’Itegeko Nshinga ndetse zinyuranye n’amasezerano y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Mabirizi avuga ko ibikorwa byinshi, amabwiriza n’ibyemezo bya Perezida Museveni, Minisitiri w’Intebe, Minisitiri w’Ubuzima, Igisirikare cya Uganda, Polisi, Inteko Ishinga amategeko, Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga ndetse n’ubucamanza kuva kuwa 18 Werurwe bitarimo kubahiriza ibiteganywa n’itegeko nshinga rya Uganda.

Ashinja Perezida Museveni kunanirwa kwibutsa ibyo itegeko nshinga riteganya no kubikurikiza. Avuga ko abayobozi batanze amabwiriza kuri za radiyo na televiziyo muri Uganda yo kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus, ariko bikorwa nta gukurikiza inzira ziteganyijwe zo gutangaza ibihe bidasanzwe mu gihugu.

Mabirizi avuga kandi ko habayeho guhonyora ibiteganywa n’amasezerano ashyiraho Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba ndetse n’isoko rusange.

Avuga ko amabwiriza akubiye mu ijambo rya Museveni ryo kuwa 18 Werurwe 2020, binyuranye n’amategeko. Birimo gufunga amashuri makuru na za Kaminuza, guhagarika ibikorwa byo gusenga mu nsengero n’imisigiti, kubuza abanya-Uganda kujya hanze y’igihugu ndetse no gushyiraho akato k’iminsi 14.

Mabirizi kandi mu kirego cye anagaruka ku cyemezo cyo gufunga imipaka ihuza Uganda n’ibindi bihugu bya EAC, agasaba ko ifungurwa kugira ngo ubucuruzi bukorwe, ibicuruzwa na serivisi bihabwe inzira nk’uko bisanzwe. Ati:

Ibwiriza rya Perezida ryo gufunga umupaka uhuza Uganda na Kenya, u Rwanda, Tanzania na Sudan y’Epfo, ibihugu bihuriye muri EAC, nta kubimenyesha ibihugu cyangwa kugendera ku iteka ry’ubuzima muri Uganda, binyuranye n’amahame yo koroshya urujya n’uruza rw’abantu nk’uko biri mu masezerano ashyiraho isoko rusange rya EAC.

Amakuru aturuka muri EACJ (East African Court Of Justice) avuga ko uru rukiko rurimo gutegura uko rwaburanisha iki kirego vuba.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa