Perezida Kagame mu banyacyubahiro bakurikiranye umukino ufungura igikombe cy’Isi cya 2018[AMAFOTO]
Yanditswe: Friday 15, Jun 2018
Kuri uyu wa Kane tariki 14 Kamena 2018 nibwo mu Burusiya hatangiye imikino y’irushanwa ry’igikombe cy’Isi 2018 mu mupira w’amaguru. Perezida w’u Rwanda Paul Kagame akaba yari mu banayacyubahiro bitabiriye umukino wa mbere Uburusiya bwanyagiyemo Saudi Arabia ibitego 5-0.
Perezida w’u Rwanda Nyakubahwa Paul Kagame akaba na Perezida w’Umuryango wa Afrika Yunze Ubumwe (AU), yakurikiranye uyu mukino yicaye mu myanya y’icyubahiro muri Stade yawakiriye ya ‘Luzhniki’ iherereye mu mujyi wa Moscow.
Perezida Kagame mu banyacyubahiro bakurikiranye umukino ufungura igikombe cy’Isi cya 2018.
U Burusiya bwakiriye irushanwa, bwitwaye neza mu mukino ubanza bunyagira Saudi Arabia ibitego 5-0.
Mbere yuko iyi mikino itangizwa, Perezida Kagame yabanje kubonana na mugenzi we Putin w’Uburusiya bagirana ibiganiro.
Perezida Kagame yageze mu Burusiya kuri uyu wa Gatatu tariki ya 13 Kamena 2018 yitabiriye itangizwa ry’iyi mikino y’igikombe cy’Isi, akaba yarabanje kugirana ibiganiro na mugenzi we Vladimir Putin Perezida w’Uburusiya.



Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *