Supersexy yongeye ashyira hanze ifoto ishotora abagabo (AMAFOTO)
Yanditswe: Tuesday 24, Oct 2017
Umunyarwandakazi Super Sexy umaze kumenyerwa cyane ku mbuga nkoranyambaga kubera amafoto akunze gushyiraho avugwaho gushotora bamwe mu b’igitsinagabo yongeye gushyira hanze ifoto yambaye umwambaro wa bikini ikomeje kuvugisha bamwe mu bagabo.
Uyu mugore ufite abamukurikirana barenga ibihumbi ijana ku rukuta rwe akoresha rwa instagram akomeje gutungura abantu abasangiza amafoto ye aho bamwe bakomeje kumugararariza ko ateye neza cyane. Iyi foto ikomeje kuvugisha bamwe amagambo menshi bavuga (…)
Umunyarwandakazi Super Sexy umaze kumenyerwa cyane ku mbuga nkoranyambaga kubera amafoto akunze gushyiraho avugwaho gushotora bamwe mu b’igitsinagabo yongeye gushyira hanze ifoto yambaye umwambaro wa bikini ikomeje kuvugisha bamwe mu bagabo.
Uyu mugore ufite abamukurikirana barenga ibihumbi ijana ku rukuta rwe akoresha rwa instagram akomeje gutungura abantu abasangiza amafoto ye aho bamwe bakomeje kumugararariza ko ateye neza cyane.
Iyi foto ikomeje kuvugisha bamwe amagambo menshi bavuga ko Super Sexy afite imiterere ikurura abagabo
Mu batanze ibitekerezo kuri iyi foto bamwe bumvikanye bavuga ko yabateye irari ndetse abandi ntibazuyaza kuvuga ko ariwe gisabo cya nyacyo.
Bamwe mu bavuze kuri iyi foto bakunze kugaruka kuri Super Sexy bamugereranya nk’igisabo.
Uyu yagize ati " .Ese @n_supersexy ntabwo wandangira ibyo urya ngo nanjye ndebeko naba igisabo "
.Undi yunzemo ati " Woooooow Cute Igisabo original hhahaha @n_supersexy
Bamwe bashinja Super Sexy gushotora abagabo.
N’ubwo bamwe bumvikana bashima uyu mugore hari abandi bagikomeye ku ndangagaciro z’umuco nyarwanda bavuga ko imyitwarire y’uyu mugore ihonyora cyane amahame y’umuco nyarwanda ndetse bavuga ko ashobora kuyobya bamwe mu rubyiruko bashobora gushamadukira kwiganya imyambarire ye.
Ibitekerezo
yewe nsomye ngo ishotora abagabo ngira amatsiko yo kireba uburyo abashotoramo kumbe nukwifotora gusa. hhahaha narinziko haruwo yasagariye akamufata mumashati. niba aruko kubashotora rwose ntekereza ko byaba biba kubafite umwanya wabyo cg badafite ikibahugije..
UBWO KOKO NIKI AFITE KIDASANZWE?iyaba atanyaraga kuri toilette wenda akaba anyara muri tasse