Umugabo yafatiwe ku kibuga cy’indege atwaye zahabu mu mwanya w’ibanga[AMAFOTO]
Yanditswe: Friday 08, Jun 2018
Mu gihugu cya Sri Lanka umugabo w’imyaka 45 yatawe muri yombi atwaye zahabu ijya kungana n’ikilo ayitwaye mu mwanya w’ibanga w’inyuma(ikibuno).
Zahabu yafatanywe ingana n’amagarama 904 ifite agaciro kangana n’amadorali ibihumbi 29 370 akaba yari yayihishe mu mwanya w’iganga w’inyuma.
Uyu mugabo ufite ubwenegihugu bwa Sri Lanka yerekezaga mu gihugu cy’Ubuhinde aho yaragiye kuyigurishiriza.
Bimenyerewe ko abantu benshi bagura zahabu I Dubai kuko igura amafaranga make bakajya kuyigurishiriza mu Buhinde kubera ibiciro byayo biri hejuru cyane.
Abayobozi b’icyibuga yasha kufatirahi ndege cya Colombo batangarije BBC ko bamutaye muri yombi kubera yari ayitwaye mu nzira zitemewe n’amategeko.
Hari hashije icyumweru umugore afatanywe amagarama angana na 314,5 nawe ukomoka mu gihugu cya Sri Lanka nawe akaba yari yarayihishe mu mwanya w’iganga w’inyuma (Ikibuno).
Ibitekerezo
Bamuhanehisunzwamategeko