skol
fortebet

Amerika yanze ko Palestina iba igihugu cyigenga nk’ibindi

Yanditswe: Friday 19, Apr 2024

featured-image

Sponsored Ad

Inteko y’Umuryango w’Abibumye ishinzwe umutekano kw’isi yari yateranye kuri uyu wa kane, itora umwanzuro wari ushyigikiwe n’ibihugu byinshi, wo kwemerera Palestina kuba umunyamuryango wa ONU.

Sponsored Ad

Ubwongereza n’Ubusuwisi bifashe. Abandi 12 batoye yego. Abo ni Alijeriya, Ekwateri, Guyana, Ubuyapani, Malte, Mozambike, Koreya y’Epfo, Sierra-Leone, Sloveniya, Ubufaransa, Ubushinwa n’Uburusiya.

Leta zunze ubumwe z’Amerika yo yatoye oya, ariko kubera ibyitwa veto,umwanzuro uba uburiyemo. Yasobanuye ko kugirango Palesitina ibe leta yigenga bitagomba kuva mu Muryango w’Abibumbye, ahubwo bigomba kunyura mu mishyikirano itaziguye hagati ya Isiraheli n’ubutegetsi bucagase bwa Palesitina buriho muri iki gihe.

Perezida wa Palestina, Mahmoud Abbas, yamaganye icyemezo cy’Amerika, avuga ko “Kibaryamiye, kandi kidashobora guhabwa igisobanuro kiboneye.” Naho Isiraheli yabyishimiye. Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wayo, Israel Katz, yagize, ati: “Icyifuzo cy’urukozasoni kiburiyemo. Iterabwoba ntirihawe igihembo.”

Palestina isanzwe ari indorerezi ihoraho muri ONU. Ni ubwa kabiri yangiwe kuba umunyamuryango. Ubwa mbere byari mu 2011. Yari yongeye kubisaba ishyigikiwe n’ibihugu 140 biyemera nk’igihugu cyigenga. Ariko rero Palesitina yemewe mu mashami amwe n’amwe ya ONU, nka UNESCO. (Reuters, AP)

IJWI RY’AMERIKA

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa