skol
fortebet

Niba umusore mukundana yujuje ibi bintu 7 ntuzabe umwana

Yanditswe: Monday 02, Jul 2018

Sponsored Ad

skol

Abakobwa bose baba bifuza kuzagira urugo ruzira ikinegu ariko bakagira imbogamizi yo kutamenya ibyo wagenderaho uhitamo umusore wakubera umugabo ukwizihiye. UMURYANGO waguteguriye ibintu 7 wagenderaho ukamenya ko umusore runaka yazakubera umugabo mwiza nk’ uko ubyifuza.

Sponsored Ad

Ashyira umukobwa mu bihe yifuza kubamo

Umusore uhamye ntabwo ashishikazwa no kuba afitanye umubano n’umukobwa gusa, ahubwo ashishikazwa na buri kimwe cyose ku mukobwa. Ahora yifuza ko umukobwa agaragara neza, ashaka ko aruta bose, ibyo bigatuma umusore akora ibishoboka byose ngo umukobwa amererwe neza cyangwa se atere imbere.

Ntabwo ajarajara mu nkundo
Umusore uhamye burya aba ari n’umukunzi uhamye, ntuzamusanga hano ngo ejo umusange hariya. Umusore w’icyitegererezo arakunda ku buryo nta bandi aha amahirwe keretse wowe yihebeye.

Urukundo rwanyu ntapfunwe rumutera

Umusore mwarwubaka rugakomera uzasanga buri gihe ahora yishimiye umukunzi we, bitamuteye isoni kuba muri kumwe kandi agahora yiteguye kubitangariza uwo ariwe wese.

Akubakamo kwigirira icyizere

Umusore uhamye atuma umukunzi we yumva ko nawe ubwe ari mwiza, ntabwo ari wawundi ushima byose, ahubwo uzasanga ashimishwa n’icyiza yabonye. Ntabwo akunda gusa umukobwa ahubwo atuma umukobwa nawe yikunda birushijeho. Niyo abonye ikitamunyuze arakikugaragariza ariko atagamije kukwihenuraho cyangwa kugukonmeretsa.

Ubunyangamugayo

Benshi bakunda kuvuga ku kuri, ariko ubunyangamugayo buza mbere y’ukuri. Ntabwo uzizera umusore utari inyanyamugayo. Umusore uhamye ahora ari umunyakuri ku mukunzi we, ntabwo ari umubeshyi, si indyarya kandi aba akuze bihagije kuburyo azi kuba m’ubunyangamugayo.

Agushyira mu mishinga ye

Abasore benshi batereta abakobwa ku buryo bw’imikino batanitaye ku hazaza habo. Umusore uhamye ashyira umukunzi we mubyo atekereza mu hazaza he, ntabwo agira isoni zo kurebera ibintu kure. Nta soni afite zo kugira ejo hazaza arikumwe nuwo mukunzi, ibyo akabitegura uyu munsi ariko abiteganyiriza ahazaza.
Ntabwo yiyoberanya

Abasore bamwe na bamwe usanga bagira amasura abiri; bagashaka kuba abo batari bo, bakiyerekana nkaho bakunze yewe n’igihe atariko biri. Umusore uhamye arakunda kandi agakunda by’ukuri. Ntabwo arangwa no kwiyorobeka kandi aba azi uko yabigenza igihe arakaranyije n’umukunzi we.

Ibitekerezo

  • ibyo bintu byose muvuze iyo bidahagarariwe no gusenga no kubaha IMANA bihita biba ubusa. Mukobwa niba ushaka kuzagira urugo rwiza, guhera ubu fata icyemezo wakire christo nkumwami numukiza wawe ubundi ibindi byose he will take care of them.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa