skol
fortebet

Abadepite bagaragaje impungenge mu kongera umusoro kuri lisansi na mazutu bitumizwa

Yanditswe: Thursday 20, Mar 2025

featured-image

Sponsored Ad

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 19 Werurwe, abadepite bagaragaje impungenge z’icyifuzo cya guverinoma cyo gushyiraho umusoro wa 15% ku bikomoka kuri peteroli, baburira ko bishobora kongera igiciro cy’ibicuruzwa na serivisi ku baguzi.

Sponsored Ad

Iki cyifuzo kiri mu mushinga w’itegeko rigamije kwagura uburyo buriho bwo gusoresha lisansi na mazutu hashyirwaho kandi umusoro wa buri mwaka ku binyabiziga bifite moteri.

Umushinga w’itegeko urashaka gusimbuza umusoro usanzwe w’amafaranga 115 kuri litiro ya lisansi n’umusoro ushingiye ku ijanisha ubarwa ku giciro, ubwishingizi, n’ubwikorezi (CIF) bwa lisansi na mazutu bitumizwa mu mahanga.

Godfrey Kabera, umunyamabanga wa Leta ushinzwe ikigega cy’igihugu muri Minisiteri y’Imari n’igenamigambi ry’ubukungu (MINECOFIN), yunganiye iki cyifuzo, avuga ko umusoro w’amafaranga 115, atarahindutse kuva mu 2016, ntakijyanye n’izamuka ry’ibiciro bya peteroli ndetse no kongera ibikenerwa mu kubungabunga imihanda.

Kabera yabisobanuye agira ati: “aya mahoro yanganaga na 15 ku ijana by’igiciro cya peteroli mu 2016, ariko ibiciro bya lisansi byariyongereye, mu gihe ayo mahoro atigeze ahinduka.

Guverinoma ivuga ko amafaranga y’inyongera ava muri ayo mahoro azafasha mu bikorwa remezo byo gutunganya umuhanda, kugabanya umubyigano mu mihanda, ndetse no gufasha mu bikorwa byo gufata neza umuhanda mu buryo burambye.

Ku ruhande rwe ariko, Depite Jean Claude Ntezimana yihanangirije ko kuzamura ayo mahoro bishobora guhungabanya ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli mu Rwanda, ubusanzwe byakomeje kuba hasi ugereranije n’uko igihugu kidakora ku nyanja.

Yaburiye ko kwiyongera bishobora kugira ingaruka mbi ku biciro byo gutwara abantu, amaherezo bikazabera umutwaro abaguzi.

Ati: “Niba aya mahoro yiyongereye mu gihe ibiciro bisanzwe biri hejuru, ibyo ntibizatera ibibazo binakomeye kurushaho by’imari ku baturage?”

Depite Beth Murora na we yagarutse ku mpungenge nk’izo, agaragaza ko kuzamura imisoro ku bikomoka kuri peteroli bishobora gutuma ibicuruzwa bikorerwa mu gihugu bidahiganwa nk’ibindi ugereranije n’ibitumizwa mu mahanga.

Ati: “Hariho ibicuruzwa bikomoka mu mahanga biza ku giciro cyo hasi ugereranije n’ibicuruzwa byakorewe mu gihugu. Ni gute dushobora kwemeza ko uyu musoro utazongera kubangamira ibicuruzwa byakorewe mu gihugu?”

Kabera yijeje abadepite ko kwiyongera kw’amahoro bizagenda buhoro buhoro kandi ko bitazagira ingaruka ku biciro bya lisansi na mazutu. Yavuze ko aramutse akoreshejwe ku biciro biriho, umusoro wazamuka ukava ku mafaranga 115 ukagera kuri 150 kuri litiro, bikaba kwiyongera ku mafaranga 35 gusa.

Yakomeje ashimangira ko abakoresha umuhanda bagomba mbere na mbere gutanga umusanzu mu gufata neza umuhanda aho guhindura ibiciro ku baturage muri rusange. Byongeye kandi, yavuze ko guverinoma yiteguye gushyiraho ingamba zigabanya ibiciro bya peteroli bizamuka mu buryo butunguranye.

Uyu mushinga w’itegeko ukomeje gukurikiranwa n’abadepite mu gihe abadepite bashaka ibisobanuro birambuye ku ngaruka bishobora kugira ku bukungu ndetse n’imibereho.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa