skol
fortebet

Sud-Kivu: Abashinwa 15 bafashwe kubera gucukura amabuye y’agaciro mu buryo butemewe babuze

Yanditswe: Sunday 29, Dec 2024

featured-image

Sponsored Ad

Abashinwa 15 bafatiwe muri Teritwari ya Mwenga, muri Kivu y’Amajyepfo, kubera gucukura amabuye y’agaciro mu buryo butemewe n’amategeko muri Walungu, bakuwe mu ibanga aho bari bafungiwe.

Sponsored Ad

Ikintu cyababaje urwego nyunguranabitekerezo rwa sosiyete sivile hamwe n’ihuriro ry’abahinzi mu ntara. Ibyo babimenyesheje mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa 26 Ukuboza 2024.

Bati: “Bamwe bari bafite ibyangombwa by’abimukira, mu gihe abandi bari mu gihugu mu buryo butemewe n’amategeko mu gihe cy’imyaka icumi. Abashinwa benshi babukura umutungo w’amabuye y’agaciro badafite ibyangombwa byo kubikora, bafite uruhushya rwo gukora ubushakashatsi, “.

Bakomeje bagira bati:” Dusubize mu Bushinwa abenegihugu batemewe n’amategeko bari ku butaka bwa Congo, banyuze ku mipaka y’u Rwanda?

Mu guhangana n’imyitwarire mibi y’aba bashinwa n’ibyitso byabo by’Abanyekongo, sosiyete sivile irahamagarira abayobozi gufata ibyemezo bihamye.

Bati: “Turasaba abayobozi ba Kinshasa kwirinda ikintu icyo ari cyo cyose cyo gucuruza batubahirije ibiteganywa n’amategeko agenga ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri DRC. Ni ngombwa gushimangira ubumwe-bwa politiki n’ubukungu muri iki gihe igihugu gihura n’ibibazo byinshi.”

Iyi sosiyete sivile ikomeza igira iti: “Tugomba kandi gukura ingabo n’izindi nzego z’umutekano zitemewe mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro.”

Guverinoma y’Intara ya Kivu y’Amajyepfo mu muhango wateguwe ku wa Gatanu, itariki ya 20 Ukuboza, i Bukavu, umurwa mukuru w’intara, yerekanye, imbere y’itangazamakuru, Abashinwa 17 n’ibyitso byabo by’Abanyekongo hamwe n’Abarundi batawe muri yombi k wa Kane, itariki 19 Ukuboza n’inzego z’umutekano.

Aba bantu bashinjwaga gucukura mu buryo butemewe amabuye y’agaciro mu kirombe cya Kerembo, muri Gurupoma ya Rubimbi.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa