
Gen Elly Tumwine wabaye Minisitiri w’Umutekano muri Uganda, Yitabye Imana nyuma y’igihe kirekire arembejwe na Kanseri.
Inkuru y’urupfu rwe, rwamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa kane taliki ya 25 kanama 2022.
Bibaye nyuma yahoo mu minsi yashize ku mbuga nkoranyambaga hari hakwirakwiye amakuru y’ibihuha avuga ko Gen Tumwine yaba yashizemo umwuka, gusa umuryango we uza kuyanyomoza uvuga ko akirwana n’ubuzima I Nairobi aho yari arwariye.
Yaguye mu bitaro bya Aga Khan Hospital i Nairobi, aho yari amaze ibyumweru bibiri yivuriza kanseri.
Gen Tumwine ni umwe mu basirikare bakomeye Uganda yagize, cyane cyane ku butegetsi bwa NRM ya Perezida Yoweri Museveni.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *