Urukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rwemeje itegeko rigena uburyo bwo gutegura amatora ya kamarampaka agamije guhindura Itegeko Nshinga.
Iki cyemezo cyitezweho gufungura inzira yo guha Perezida Félix Tshisekedi amahirwe yo kongera kwiyamamariza kuyobora igihugu mu gihe manda ye ya kabiri izaba irangiye mu 2028.
Iki cyemezo cyatangajwe na Perezida w’uru rukiko, Dieudonné Kamuleta Badibanga, tariki ya 28 Nyakanga 2026. Yavuze ko itegeko rya kamarampaka ryubahiriza Itegeko Nshinga.
Perezida Tshisekedi ari ku butegetsi kuva mu 2019. Itegeko nshinga rya RDC risanzwe riteganya ko Umukuru w’Igihugu amara manda ebyiri ku butegetsi, agasimburwa n’undi Munye-Congo nyuma y’aho.
Itegeko rya kamarampaka ryemejwe n’imitwe yombi y’Inteko Ishinga Amategeko rifite intego yo gushyiraho uburyo bwo guhindura zimwe mu ngingo z’Itegeko Nshinga.
Urukiko rwemeje ko Perezida ashobora gutangiza inzira yo guhindura Itegeko Nshinga binyuze mu Nteko yihariye, hagakurikiraho amatora ya kamarampaka nyirizina.
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Tshisekedi nka Martin Fayulu, Jean-Marc Kabund, Moïse Katumbi na Delly Sesanga barwanyije iyi gahunda, bavuga ko igamije kumufasha kwiyamamariza manda ya gatatu.
Aba banyapolitiki bari barateguye imyigaragambyo yo kwamagana ihindurwa ry’Itegeko Nshinga ariko bayisubika ubwo ubutegetsi bwa Tshisekedi bwatangazaga ko bugiye gutegura ibiganiro bidaheza bihuza Abanye-Congo.
Mu ntangiriro za Gicurasi 2026, Perezida Tshisekedi yavuze ko atigeze asaba manda ya gatatu, ariko yongeraho ko niba abaturage babyifuza, azabyemera kandi ko umwaka wa 2028 nugera intambara yo mu burasirazuba bwa RDC itarahagarara, nta matora azaba.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *