skol
fortebet

Kanyinya: Umugeni yanze gusezerana n’umugabo bageze mu rusengeero amusaba ikintu gitangaje

author-image

Yanditswe na: NSHIMIYIMANA Janvier
Kuwa: Sunday 22, Jan 2023

Kanyinya: Umugeni yanze gusezerana n'umugabo bageze mu rusengeero amusaba ikintu gitangaje

Sponsored Ad

skol

Umugeni yahagaritse amasezerano ahakanira umugabo kumwambika impeta ataramugurira umupira wo kwambara n’inkweto.

Kuwa Gatandatu muri paruwasi Gatolika ya Kanyinya, muri Diyosezi ya Kirundo mu gihugu cy’u Burundi habereye ibidasanzwe ubwo umusaseridoti yari agiye gusezeranya abageni agatungurwa n’uko umukobwa yigaritse umusore akanga gusezerana avuga ko umusore natamugurira umupira n’inkweto nta masezerano yemera gukora.

Umupadiri wari uyoboye umuhango yasabye abageni kumvikana kugira ngo abone kubasezeranya ariko igihe bananirwa kumvikana ababwira ko amasezerano yabo yari kuba atakibaye.

Nyuma y’uko umusore yatungurwaga yakoze iyo bwabaga ajya gushaka uko agura umupira n’inkweto yasabwaga gusa ntiyabashije kubibona byose kuko yabonye umupira, inkweto arazibura ku bw’amahirwe umukobwa yaciye inkoni izamba yemera gusezerana n’umugabo we.

Abageni bagarutse mu Kiliziya nyuma y’amasaha atatu basubitse isezerano ryabo, ariko bagarutsemo abantu babaherekeje bivumbuye batashye, gusa ntibyabuje ko basezerana kuzatandunywa n’urupfu.

Radiyo Isanganiro dukesha iyi nkuru yatangaje ko abaturage batashye kuko banenze imyitwarire y’uwo mukobwa bagira inama urubyiruko rwifuza kubaka kudashingira ku bintu ahubwo bakubakira urugo ku rukundo ntibashyire imbere imitungo

Sponsored Ad

Ibitekerezo

  • wamukobwa we ahaa

    bene uwomukobw nakabuz nubund bazatandukana kuberako ikigaragara ntarukundo amufitiy bene uwomugore ntaterambere bazageraho bihita bikwerekak ubw azaba atakibona icy ashaka konakabuza azigender. "intama" nagira abasore bagenzibanjy bafite gahunda yogushaka, bajy babanz gushishoz mbereyuk bafat icyemez cyogushak. ndabashimiye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa