skol
fortebet

Amerika yahaye Kenya ibikoresho bihambaye nyuma yo gusurwa na Ruto

Yanditswe: Friday 24, May 2024

featured-image

Sponsored Ad

Kenya yiteguye kwakira kajugujugu 16 zakozwe na Amerika mu rwego rwo kunoza ibikorwa by’umutekano by’igihugu ndetse no mu butumwa bwo kubungabunga amahoro.

Sponsored Ad

Ibi ni bimwe mu byo Kenya yahawe n’ubuyobozi bwa Perezida Joe Biden nyuma y’uruzinduko rwa Perezida William Ruto i Washington.

Nk’uko byatangajwe na White House ku wa kane, kajugujugu 16 zirimo Hueys umunani zo gushimangira amahoro n’umutekano mu karere ndetse na MD-500 umunani zizafasha Kenya mu butumwa bwo kubungabunga amahoro hirya no hino ku isi.

Biteganijwe ko izi ndege zizagera i Nairobi mu mpera za 2024 no mu ntangiriro za 2025, nk’uko White House ibitangaza.

Kenya izakira kandi imodoka z’intambara zigera ku 150 za M1117,biteganijwe ko zizagera muri Kenya muri Nzeri 2024.

Mu rwego rwo gushimangira ubufatanye mu kurwanya iterabwoba, ibihugu byombi byiyemeje kurushaho gushyira ingufu mu gusangira amakuru.

Kenya nayo iri mu nzira yo kwinjira muri Operation Gallant Phoenix, gahunda yorohereza ubufatanye bw’ibihugu byinshi mu gusangira amakuru ajyanye n’iterabwoba.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa