Burundi: Abantu ibihumbi n’ibihumbi biriwe mu myigaragambyo
Yanditswe: Saturday 11, Nov 2017
Mu gihugu cy’u Burundi abantu ibihumbi n’ibihumbi bazindukiye mu myigaragambyo yo kwamagana umwanzuro wa ICC wo gukora itohoza ku byaha bikomeye by’iyacarubozo byabereye muri iki gihugu.
Mu gace ka Bujumbura abari mu myigaragambyo bavuye kuri rond-point yitiriwe ONU kugeza ku kibanza cyubatswe hagamijwe ko Abaturage bajya bahurira hamwe bakizihiza umunsi w’Ubwigenge.
N’ubwo hari mu mvura nyinshi, abantu benshi bayobowe n’abategetsi batandukanye b’igihugu, bitabiriye iyo (…)
Mu gihugu cy’u Burundi abantu ibihumbi n’ibihumbi bazindukiye mu myigaragambyo yo kwamagana umwanzuro wa ICC wo gukora itohoza ku byaha bikomeye by’iyacarubozo byabereye muri iki gihugu.
Mu gace ka Bujumbura abari mu myigaragambyo bavuye kuri rond-point yitiriwe ONU kugeza ku kibanza cyubatswe hagamijwe ko Abaturage bajya bahurira hamwe bakizihiza umunsi w’Ubwigenge.
N’ubwo hari mu mvura nyinshi, abantu benshi bayobowe n’abategetsi batandukanye b’igihugu, bitabiriye iyo myigaragambyo.
Leta yari ihagarariwe n’uwungirije umukuru w’Ingabo mu gihugu witwa Terence Ntahiraja.
Yagize ati: "Nk’uko Ministiri w’Ubutabera yabivuze , ingingo yafashwe n’urukiko rukuru mpuzamakungu mpanabyaha ICC nta gaciro tuwuha(umwanzuro) kuko bihabanye n’amategeko."
Abari muri iyo myigaragambyo bari bitwaje amabendera y’igihugu cy’u Burundi n’ishyirahamwe rya Afrika y’uburasirazuba hamwe n’inyandiko zamagana ICC.
Kuri uyu wa kane tariki ya 09 Ugushyingo 2017, Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha(ICC) rwatangaje ko y’uko rugiye gutangiza iperereza muri iki gihugu ku byaha by’intambara n’ibyibasiye inyokomuntu.
Ibyaha bivugwa ngo ni ibyakozwe kuva itariki 26 z’ukwezi kwa 4 umwaka wa 2015 kugera ku itariki 26 z’ukwezi kwa 11 umwaka wa 2017.
U Burundi bwavuye mu ICC tariki 27 z’ukwezi kwa 10 inyuma y’umwaka wose bwanditse ibaruwa isezera.
Kwu izina rya reta y’u Burundi, ku musi wa gatanu, Minisitiri w’Ubutabera, Aimee Laurentine Kanyana yamenyesheje ko u Burundi butazakorana na ICC kubera uwo mwanzuro.Yagize ati “ Guverinoma yumvise igihuha mu itangazamakuru mpuzamahanga ko ICC yemereye umushinjacyaha wayo gutangiza iperereza ku Burundi.”
“ Guverinoma yamaganye iki cyemezo kandi ishimangira ko yitandukanyije n’uru rukiko n’umugambi uwo ari wo wose wo kurwongerera inshingano ku butaka bw’u Burundi.”
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *