skol

Burundi: Bashyizeho abayobozi bashya ba komisiyo y’amatora

Yanditswe: Wednesday 06, Dec 2023

featured-image

Inteko ishinga amategeko,umutwe wa Sena mu Burundi yemeje abagiye kuyobora umutwe ushinzwe gutegura amatora (CENI) bashya muri iki gihugu cyo mu majyepfo y’u Rwanda.

Mu mazina arindwi yemejwe, hakaba harimo abagabo batanu n’abagore babiri.Bagiye gutegura amatora y’abayobozi b’uturere n’intara muri 2025,n’aya Perezida muri 2027.

Bwana Prosper Ntahorwamiye washinzwe kuyobora iyi komisiyo, yahoze ari Umunyamabanga akaba n’umuvugizi wa Leta y’uburundi.

Uyu agiye muri iyi kipe nyuma y’aho mu minsi ishize yigeze kumara imyaka irenga cumi ari umuvugizi wa CENI.

Undi wemejwe ni madamu Victoire Nahimana wahoze ari umusenateri akaba agiye kuba Visi Perezida wa CENI.

Hemejwe kandi Madamu Bizimuremyi Odette nk’ushinzwe imiyoborere n’umutungo, Sylvestre Nyandwi nk’ushinzwe amategeko, Bizimana François nk’ushinzwe inyigisho no gutanga amakuru, Léonidas Ndayiragije nk’ushinzwe ikoranabuhanga hamwe na Gaby Bugaga nk’ushinzwe ibikoresho.

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi banenze abashyizweho kuko Bwana Prosper Ntahorwamiye ari umurwanashyaka ukomeye w’ishyaka CNDD FDD riri ku butegetsi.

Urutonde rw’abagize uwo mutwe bose :

1. Prosper Ntahorwamiye
2. Nahimana Victoire
3. Bizumuremyi Odette
4. Nyandwi Sylvestre
5. Bizimana Francois
6. Ndayiragije Leonidas
7. Bugaga Gabby

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa