skol

CENI yatesheje agaciro ibyavuye mu matora mu turere tumwe na tumwe

Yanditswe: Saturday 06, Jan 2024

featured-image

Akanama gashinzwe gutegura amatora muri Republika ya Demokrasi ya Congo, CENI, katesheje agaciro ibyavuye mu matora mu turere tumwe na tumwe bivuye ku bimenyetso kabonye byerekana ko amatora atakurikije amategeko.

Iyo nkuru yamenyekanye kuwa gatanu, mu gihe CENI ivuga ko ibyavuye mu iperereza ryakozwe byerekana ko mu matora y’abadepite benshi mu bahatanaga muri uwo mwanya bagiye mu bujura, kubera iyo mpamvu, intsinzi yabo ikaba yabaye imfabusa.

Intsinzi y’abadepite bagera kuri 80 yabaye imfabusa mu turere twa Kwilu, Yokama, Ubangi na Equateur.

Mu bandi bagizweho ingaruka n’iryo seswa harimo abaministiri batatu bari batowe n’abaguverineri b’intara bane barimo n’uwintara ya Kinshasa.

Aba ministiri bagaragara ku rutonde rw’abakandida basheshwe barimo Antoinette Kipulu Kabenga, wo guteza imbere imyuga, Didier Mazenga Mukanzu w’ubutwererane bw’akarere na Nana Manuanina Kihimba, ministiri mu biro by’umukuru w’igihugu.

CENI kandi yavuze ko iperereza ryakozwe n’abakozi b’ayo yabonye ko habayeho kurenga ku mategeko agenga amatora hamwe no guhungabanya umutekano hamwe na hamwe muri utwo turere.

Umwe mu bategetsi ba CENI, Patricia Nyeasa agira ati:"Akanama gashinzwe gutegura amatora,CENI karakomeza kwakira raporo y’ibintu by’abaturage byangiritse n’ibikoresho by’amatora, ibivugwa ko hari abantu ku giti cyabo bari bafite ibikoresho by’ikoranabuhanga ’electronic’ bakoreshaga mu gutora hamwe no kugaba ibitero ku bakozi ba CENI."

CENI kandi ivuga ko iri gukora iperereza ku bakozi bayo bagize uruhare mu kurenga ku mategeko agenga amatora muri Congo.

Mu gihe ako kanama gashinzwe amatora kagikomeje iperereza, ibyerekeye abagizweho ingaruka n’ayo matora biri mu maboko y’abashinzwe umutekano hamwe n’ubutabera, aho byitezwe ko hagiye kuba abagezwa imbere y’ubutabera.

Hagati aho,Urukiko rushinzwe kurengera itegekonshinga irakomeza kumva ikirego cyo kwamagana ibyavuye mu matora yo ku itariki 20 Ukuboza 2023,cyatanzwe na Theodore Ngoy,wiyamamaje ku giti cye mu matora ya perezida.

Imibare y’agateganyo yatanganjwe na komisiyo y’amatora igaragaza ko Prezida Felix Tshisekedi yatsinze ku majwi 73 ku ijana. Imibare ya nyuma izatanganzwa n’urukiko rulinda iremezo ry’itegeko nshinga.

BBC

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa