skol

Congo yatangaje igihe Isi izamenyera niba Kabila aziyamamaza

Yanditswe: Wednesday 01, Aug 2018

Repubulika iharanira Demukarasi ya Congo yatangaje ko bitarenze tariki 8 Kanama 2018 bizaba byamaze kumenyekana niba Joseph Kabila azatakanga kandidatire ku mwanya wa Perezida uyu mwaka cyangwa niba atazayitanga.

Mu minsi ishize Perezida Kabila w’ imyaka 47 y’ amavuko yagejeje ijambo ku banyagihugu ntiyatangaza umwanzuro we kubijyanye no kwiyamamaza cyangwa kutiyamamaza mu matora ya Perezida ateganyijwe mu Ukuboza uyu mwaka.

Kuri uyu wa 1 Kanama Umuvugizi wa Leta ya Congo Lambert Mende yabwiye BBC ko bitarenze tariki 8 Kanama abantu bazaba baramenye aho Kabila ahagaze kubijyanye no gutanga kandidatire.

Jean Pierre Bemba wamaze gutangaza ko azatanga kandidatire muri aya matorora amaze gukererwaho imyaka ibiri, uyu munsi yageze muri Congo nyuma y’ imyaka irenga 10 ari mu mahanga. Ageze muri Congo Bemba utavugarumwe n’ ubutegetsi bwa Congo nyamara yarahoze ari Visi Perezida yakiriwe n’ abantu benshi. Umwe mubamwakiriye yabwiye itangazamakuru ko ‘Congo igihe kuva mu butegetsi imazemo imyaka myinshi aho Perezida yasigiraga ubutegetsi umuhungu we kuko Bemba yagarutse’.

Ku rundi ruhande Moise Katumbi, umuherwe utavuga rumwe n’ ubutegetsi nawe yasabye gusubira mu gihugu cye kavukire aricyo RDC.

Manda ebyiri za Kabila zarangiye mu mpera za 2016, ariko kugeza uyu munsi ntabwo iki gihugu kirakora amatora ya Perezida. RDC ivuga ko imwe mu mpamvu zatumye aya matora atinzwa ari amikoro make cyamara ababikurikiranira hafi n’ abatavuga rumwe n’ ubutegetsi bwa Congo bavuga ko kuba amatora ya Perezida wa Congo yaratindijwe ari uko Kabila adashaka kuva ku butegetsi.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa