skol

Kenya:Abatavuga rumwe n’ubutegetsi basabye gusubiramo itegeko nshinga rimaze imyaka 13

Yanditswe: Thursday 06, Apr 2023

featured-image

Ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Kenya Azimio coalition, ryatangaje ko ryifuza gusubirishamo itegeko nshinga ry’igihugu rimaze imyaka 13 ridakorwaho

Ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Kenya Azimio coalition, ryatangaje ko ryifuza gusubirishamo itegeko nshinga ry’igihugu rimaze imyaka 13 ridakorwaho

Rivuga ko mu biganiro bemerewe hagomba kubamo no kwemera gusubirishamo itegeko nshinga ry’igihugu, kugira ngo nabo bemerere leta guhagarika imyigaragambo imaze ibyumweru I Nairobi

Itangazo iri shyaka rya Raila Odinga ryasohoye nyuma yo guhura n’inzego nkuru zirigize,banzuye ko mu byo basaba leta bongeramo gusubiramo itegeko nshinga, hagahindurwa zimwe mu ngingo z’amatora zisa n’izishyigikira ingoma bise iya cyami.

Abatuvuga rumwe n’ubutegetsi bashingira ibyo bavuga ku nstinzi y’amatora aheruka y’umukuru w’igihugu bavuga ko yabayemo uburiganya.

Mu kwezi kwa kabiri uyu mwaka , Deputy President Rigathi Gachagua yanenze bikomeye ubutegetsi bwa William Ruto n’uwo yasimbuye, avuga ko bisa naho ari ubw’akazu aho umwe avaho agaha intebe umuvandimwe we.

Odinga amaze iibyumweru 2 ayobora imyigaragambyo mu gihugu cye cya Kenya kuva kuya 20 Werurwe 2023 , yiyama ubuzima buheze ku bakene mu gihugu no gusaba leta ibiganiro bigamije gukora amavugurura muri komisiyo y’amatora.

BBC

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa