skol

Perezida Jammeh wanze guhara ubutegetsi agiye kugabwaho igitero

Yanditswe: Friday 23, Dec 2016

Ibihugu bihuriye muri Afurika y’u Burengerazuba (Ecowas), byiyemeje ko isaha iyo ariyo yose byiteguye kugaba igitero kuri Perezida wa Gambia Yahya Jammeh, nyuma yo kunangira kuva ku butegetsi.
Umuyobozi wa Ecowas yavuze ko igihugu cya Senegal ari cyo kizayobora uru rugamba rwo kuvanaho Perezida Jammeh mu gihe bizaba bibaye ngombwa.
Ibi bije nyuma y’aho Perezida wa Gambia Yahya Jammeh, mbere yari yemeye ko yatsinzwe amatora y’umukuru w’igihugu atsinzwe na Adama Barrow, gusa nyuma (…)

Ibihugu bihuriye muri Afurika y’u Burengerazuba (Ecowas), byiyemeje ko isaha iyo ariyo yose byiteguye kugaba igitero kuri Perezida wa Gambia Yahya Jammeh, nyuma yo kunangira kuva ku butegetsi.

Umuyobozi wa Ecowas yavuze ko igihugu cya Senegal ari cyo kizayobora uru rugamba rwo kuvanaho Perezida Jammeh mu gihe bizaba bibaye ngombwa.

Ibi bije nyuma y’aho Perezida wa Gambia Yahya Jammeh, mbere yari yemeye ko yatsinzwe amatora y’umukuru w’igihugu atsinzwe na Adama Barrow, gusa nyuma y’icyumweru uyu mugabo umaze imyaka 22 ku butegetsi, avuga ko yisubiyeho. Ni mu matora yabaye mu Kuboza uyu mwaka.

Manda ya Jammeh izarangira tariki ya 19 Mutarama 2017 nk’uko BBC ibitangaza.

Kuva icyo gihe abakuru b’ibihugu batandukanye barimo uwa Senegal, Nigeria, Liberia n’abandi bagiriye ingendo muri Gambia gusaba Perezida Jammeh kuva ku butegetsi, gusa we aza kubabwira ko batagomba kumutera ubwoba.

Marcel Alain de Souza uyobora ingabo zo muri Ecowas yagize ati “Ingabo zo muri uyu muryango ziteguye koherezwa muri Gamabia kugira ngo zigarure ubusabe bw’abaturage, ibi bizakorwa mu gihe ibiganiro biyobowe na Perezida wa Nigeria bisaba Jammeh kuva ku butegetsi byanze.”

Yavuze ko niba Perezida Jammeh akunda abaturage be, agomba gushaka uko ava ku butegetsi mu mahoro.

Ubushobozi bw’ingabo za Ecowas kuri Gambia

Gambia ni kimwe mu bihugu byakunze kurangwamo guhirika ubutegetsi. Gusa kuva mu mwaka wa 1994 ubwo Perezida Jammeh yajyaga ku butegetsi akoze coup d’etat, nta yindi iramukorerwa.

Gambia ni igihugu gito kuri uyu mugabane kuko gifite ubuso bungana na kilometero kare ibihumbi 10, kikaba gituwe n’abaturage bangana gusa na miliyoni 1.8 mu ibarura rya banki y’isi ryo mu mwaka wa 2013.

Amakuru atangwa ava muri Gambia avuga ko Perezida Jammeh afite abasirikare babarirwa mu gihumbi (1000), barimo abamurinda, abarwanira ku butaka, mu kirere no mu mazi.

Ibihugu birimo Turukiya, u Bushinwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika biri mu biha imyitozo ikomeye izi ngabo ze.

Naho umuryango wa Ecowas wo ugizwe n’ibihugu birimo Benin, Burkina Faso, Cote d’Ivoire, Gambia, Ghana, Guinea-Bissau ,Liberia, Mali, Nigeria, Senegal, Sierra Leone na Togo, Niger, Cap Vert na Guinee Conakry.

Kugeza ubu uyu muryango ufite abasirikare babarirwa mu bihumbi 4, n’indege 6 za gisirikare.

Hamwe mu hazwi kuba izi ngabo za Ecowas zagize uruhare mu guhindura ibintu, ni nko mu mwaka w’1998 muri Sierra Leone ubwo uwitwaga Johnny Paul Koroma yahirikiga ku butegetsi Ahmad Tejan Kabbah, izi ngabo zafashe intwaro zirukana Paul Kaloma, zisubiza ku butegetsi Tejan Kabbah, ni nyuma y’amezi icyenda iyi coup d’etat ikozwe.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa