skol

Putin Akomeje Kunshobera- Trump

Yanditswe: Tuesday 15, Jul 2025

featured-image

Donald Trump avuga ko yayobewe uko Perezida w’Uburusiya Vladmir Putin yabaye! Ngo bemeranya ibintu undi akaba afite ukundi ari bubigenze.

Mu kiganiro yahaye BBC binyuze kuri telefoni, Trump yabajijwe niba yarizeye Putin akaza kumutenguha, asubiza ko ‘muri rusange’ burya ntawe yizera.

Ikiganiro yahaye BBC cyaje nyuma y’uko atangaje ko agiye koherereza Ukraine izindi ntwaro zikomeye, kandi ko niba Uburusiya butemeye ibyo Washington ibusaba, izabufatira ibihano by’ubukungu bikakaye.

Amerika isaba Uburusiya kuba bwemeye ko intambara bumaze imyaka hafi ine burwana na Ukraine ihagarara bitarenze iminsi 50 bitaba ibyo ibicuruzwa byabwo byose bwohereza muri Amerika bigasoreshwa imisoro ihanitse ku kigero cya 100%.

Iki kiganiro na BBC kandi cyagarutse ku byerekeye niba ajya atekereza cyane k’ukuba yarigeze kuraswa ubwo yiyamamarizaga ahitwa Butler muri Leta ya Pennsylvania akabirokoka, avuga ko ibyamubayeho icyo gihe atajya abitekerezaho igihe kirekire.

Mu kiganiro cyamaze iminota 20, Trump yavuze ko ikintu muri iki gihe yibazaho kikamushobera, ari imyitwarire ya mugenzi we Vladmir Putin.

Yavuze ko inshuro zimaze kuba enye aganira na Putin ku byerekeye guhagarika intambara na Ukraine, bakemeranya ibintu ariko buri gihe uyu akabihindura cyangwa akabyitwaramo mu buryo butandukanye n’uko Amerika yari ibyiteze.

Ati: “ Uriya mugabo arantungura cyane, gusa ntacyagerageza gukorana nawe n’ubwo adasiba kuntenguha”.

Abajijwe icyo yumva azakora ngo mugenzi utegeka Uburusiya amwumve, ahagarike intambara, Trump yagize ati: “ Turacyabikoraho”.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa