skol

Turukiya: Abandi bakozi 900 barimo abajenerali bakuwe mu kazi

Yanditswe: Friday 25, Aug 2017

Abakozi ba Leta barenga 900 bakuwe mu kazi mu gihugu cya Turukiya mu rukurikirane rwo guhana abagize uruhare mu gushaka guhirika ubutegetsi mu mwaka w’2016.
Ibyo biri mu itegeko ryasohowe na Leta kuri uyu wa gatanu tariki ya 25 kamena 2017.
Hejuru y’ibyo hanatangajwe itegeko rifatanya urwego rw’iperereza n’ibiro by’umukuru w’igihugu.
Mu bakozi ba reta birukanwe kuri uyu wa gatanu harimo abasirikare, abakora muri za kaminuza, abakozi mu nzego z’ubuhahirane n’abandi.
Abasirikare (…)

Abakozi ba Leta barenga 900 bakuwe mu kazi mu gihugu cya Turukiya mu rukurikirane rwo guhana abagize uruhare mu gushaka guhirika ubutegetsi mu mwaka w’2016.

Ibyo biri mu itegeko ryasohowe na Leta kuri uyu wa gatanu tariki ya 25 kamena 2017.

Hejuru y’ibyo hanatangajwe itegeko rifatanya urwego rw’iperereza n’ibiro by’umukuru w’igihugu.

Mu bakozi ba reta birukanwe kuri uyu wa gatanu harimo abasirikare, abakora muri za kaminuza, abakozi mu nzego z’ubuhahirane n’abandi.

Abasirikare bagera ku icumi bambuwe amapeti ya Jenerali, amashyirahamwe atatu n’amaradiyo atatu nabyo byafunzwe.

Abantu bagera ku ibihumbi 50 bamaze gufatwa abandi barenga ibihumbi 140 bakuwe mu kazi mu rwego rwo guhiga abashatse guhirika ubutegetsi.

Iryo hagarikwa ryatumye amahanga atangira kwibaza kuri Turukiya, abashinzwe kurengera uburenganzira bwa muntu nabo batangiye gushidikanya kuri iki gihugu mu gihe abayobozi bo bavuga ko bashaka kurwana n’abakora iterabwoba n’abandi bashaka guhirika ubutegtesi,

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa