skol

Umukandida uhabwa amahirwe yo kuba Perezida wa Brazil yatewe icyuma

Yanditswe: Friday 07, Sep 2018

Umukandida itangazamakuru rigereranya na Trump wa Bresil urimo kwiyamamaza ku mwanya wa Perezida wa Brezil, Jair Bolsonaro, yacumiswe imbugita ubwo yari mu gikorwa cyo kwiyamamaza.

Uyu mukandida yaterewe icyuma ubwo yari mu bikorwa byo kwiyamamaza mu majyepfo ashyira uburasirazuba bwa Brezil.

Uwo munyapolitike yamaganira kure amacakubiri afatiye ku rukoba, benshi ni we baha amahirwe ko ashobora gutsinda.

Abantu benshi babona ko ari we uzegukana intsinzi mu matora y’umukuru w’igihugu yo mu kwezi gutaha.

Amashusho yafashwe yerekana Bolsonaro arimo gupepera abayoboke be, agaterwa icyuma. Uyu mugore akimara guterwa icyuma yahise yunama kubera ububabare, hanyuma abayoboke be bamuryamisha hasi, hashize akanya bamushyira mu modoka bamwihutana kwa muganga.

Umwana w’ uyu mukandida yahise yandida kuri Twitter ibibaye kuri nyina.

Yanditse kuri twitter ati:"Yari ameze nabi cyane birenze uko twabitekerezaga, yavuye amaraso menshi, yageze mu bitaro afite amaraso ari ku rugero rwa 10/3, yari agiye gupfa ariko ubumeze neza, tumusengere”

Abaganga bo kuri ibyo bitaro bavuze ko Bolsonaro yakomeretse cyane kandi ko igikomere kigera kure cyane mu nda ariko ko ubu ameze neza.

Yajyanywe mu cyumba cy’abarwayi barembye cyane amasaha mesnhi nyuma yo kubagwa, kandi azaguma mu bitaro mu gihe cy’ iminsi 10.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa