skol
fortebet

Zimbabwe: Moreblessing Ali utavuga rumwe na Leta yasanzwe mu iriba yapfuye

Yanditswe: Monday 13, Jun 2022

featured-image

Sponsored Ad

Ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi ryo muri Zimbabwe rivuga ko ibisigazwa by’urishyigikiye wari waburiwe irengero byasanzwe mu kinogo cy’iriba.

Sponsored Ad

Ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi ryo muri Zimbabwe rivuga ko ibisigazwa by’urishyigikiye wari waburiwe irengero byasanzwe mu kinogo cy’iriba.

Moreblessing Ali yari yatangajwe ko yaburiwe irengero nyuma yo guterana amagambo n’uwahoze ari umusore bakundanaga witwa Pius Jambo.

Ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi rya Citizens’ Coalition for Change rivuga ko Jambo ashyigikiye ishyaka riri ku butegetsi.

Bivugwa ko yamukuye aho yari ari mu kabari mu kwezi kwa gatanu.

Ishyaka ZANU–PF riri ku butegetsi muri Zimbabwe ryahakanye kugira uruhare mu iyicwa rya Moreblessing, risaba ko bareka polisi igakora amaperereza yayo.

Umurambo wa Moreblessing wari washangutse (wacitsemo ibice) wasanzwe watawe mu kinogo cy’iriba mu majyepfo y’umurwa mukuru Harare.

Mbere, polisi yari yavuze ko irimo gufata ibura rye nk’urugomo rwo mu rugo aho kuba irishingiye ku mpamvu za politiki.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa