skol
fortebet

Igihugu cyose kiri mu nyanja ya Pasifika kigiye kurengerwa n’amazi

Yanditswe: Monday 06, Dec 2021

featured-image

Sponsored Ad

Tekereza akanya gato ku nzu yanyu, ku hantu ukunda kurusha ahandi ku isi.
N’uburyo bigoye gutekereza ko aho hantu hashobora kuva ku butaka bw’isi burundu. Bisa n’ibidashoboka.
Gusa ku baturage benshi mu birwa bimwe na bimwe, ubwo bwoba ni impamo.
Kuzamuka kw’urugero rw’inyanja kubera ihindagurika ry’ikirere riri gutuma ubutaka burengerwa bakanabura amazi meza.
BBC Mundo yarebye uko bimeze ku gihugu gito kiri mu nyanja ya Pasifika, Tuvalu, gishaka ko ibyo biryozwa ibihugu bihumanya ikirere (...)

Sponsored Ad

Tekereza akanya gato ku nzu yanyu, ku hantu ukunda kurusha ahandi ku isi.

N’uburyo bigoye gutekereza ko aho hantu hashobora kuva ku butaka bw’isi burundu. Bisa n’ibidashoboka.

Gusa ku baturage benshi mu birwa bimwe na bimwe, ubwo bwoba ni impamo.

Kuzamuka kw’urugero rw’inyanja kubera ihindagurika ry’ikirere riri gutuma ubutaka burengerwa bakanabura amazi meza.

BBC Mundo yarebye uko bimeze ku gihugu gito kiri mu nyanja ya Pasifika, Tuvalu, gishaka ko ibyo biryozwa ibihugu bihumanya ikirere kurusha ibindi ku isi.

Iki gihugu buhoro buhoro kiri kwitegura ibintu bibi cyane: Kurengerwa burundu k’ubutaka bwacyo bwose.

Minisitiri w’ubutabera, itumanaho n’ububanyi n’amahanga wa Tuvalu, Simon Kofe, yatanze ubutumwa bukomeye mu nama ku ihindagurika ry’ikirere ya COP26 iheruka kubera i Glasgow muri Ecosse.

Yagize ati: "Turi kurohama, ariko n’isi yose niko birimo kugenda".

Ahagaze mu mazi amugera ku mavi ahantu mu myaka micye ishize hari ubutaka bwumutse, Kofe yavuze ko akaga Tuvalu irimo uyu munsi ari ikimenyetso cy’ingaruka z’ihindagurika ry’ikirere zizaba mbi kurushaho.

Urugero rw’inyanja, icyago kiri kuza

Tuvalu igizwe n’ibirwa icyenda bitoya biri muri 4,000Km uvuye muri Australia. Ibihugu bituranyi cya hafi ni Kiribati, Samoa na Fidji,

Minisitiri Kofe yabwiye BBC Mundo ati: "Ni igihugu gishashe gifite ubutumburuke buto. Ahantu hari hejuru ni kuri metero enye hejuru y’urugero rw’inyanja."

Iki gihugu cyose hamwe cy’ubuso bwa 26 km2 gusa gituwe n’abaturage 12,000.

Kimwe na Kiribati na Maldives, Tuvalu nayo ni igihugu kigeramiwe by’umwihariko n’ingaruka zo gushyuha kw’isi.

Ibice bimwe by’ibi bihugu biri ku butaka bufite ishusho y’impeta ifunze cyangwa y’igice y’ubutaka bukikije ikizenga cy’amazi.

Minisitiri Kofe ati: "Tuba ku duce dutoya tw’ubutaka ahantu hamwe na hamwe hakurya ubona inyanja hakuno ikizenga cy’amazi.

"Ibyo twabonye mu myaka ishize, ni uko uko inyanja izamuka, tubona isuri nini ku bice bimwe by’ikirwa."

Tuvalu yagiye kandi yugarizwa n’inkubi z’imiyaga ikaze mu bihe by’ubushyuhe, nk’uko Kofe abivuga. Ubushyuhe bwangije ubworozi bw’amafi muri iki kirwa.

Ariko hari ikindi kibazo gikomeye: ingaruka z’amazi y’inyanja ku mazi meza.

Mu bice bimwe, amazi y’inyanja yinjiye mu masoko nk’uko minisitiri Kofe w’imyaka 37 abivuga.

Ati: "Muri rusange tubona amazi meza ava ku mvura, ariko ku birwa bimwe na bimwe, baracukuraga bakabona amasoko y’amazi afutse.

"Ubu, ntabwo bigishoboka kubera kwinjira cyane kw’amazi y’inyanja, none ubu tubeshwaho gusa n’amazi y’imvura."

Kwinjira cyane kw’aya mazi y’umunyu byatumye n’ubutaka buhingwa butacyera.

Leta ya Taiwan ubu itera inkunga ikanagenzura umushinga wo guhinga ibiribwa mu buryo budasanzwe muri Tuvalu.

Kofe ati: "Urwunyunyu mu mucanga rwatumye ubuhinzi bugorana none ubu dutunzwe ahanini n’ibintu biva hanze.

"Umushinga wa leta ya Taiwan byabaye ngombwa ko uzana ubutaka n’ifumbire bivuye hanze."

Arthur Webb umushakashatsi muri kaminuza ya Wollongong muri Australia ukora mu mushinga wo gusigasira imbibi za Tuvalu avuga ko ibihingwa bitihanganira urugero rw’umunyu rw’amazi y’inyanja.

Intambara ibi bihugu birwana

Ibihugu by’ibirwa nka Tuvalu bimaze imyaka irenga 30 bisaba ko ku isi hafatwa ingamba zihamye mu kurwanya kwangiza ikirere.

Mu 1990, ibi bihugu biri mu nyanja ya Pasifika hamwe n’ibindi birwa bya Karayibe n’ibyo mu nyanja y’Ubuhinde nka Maldives, byakoze ihuriro ngo bigire ingufu z’ijambo mu kurwanya ihindagurika ry’ikirere.

Ihuriro ry’ibi bihugu bitoya ryiswe AOSIS, ubu ririmo ibihugu 39 kandi ryagize uruhare mu kwereka isi n’ibihugu bikize ingaruka z’ihindagurika ry’ikirere.

Ibi bihugu bisaba ko byishyurwa "ibyangiritse", ndetse byasabye ko iyo ngingo ishyirwa mu masezerano ya Paris yo mu 2015.

Mu nama ya COP26 iheruka, umukuru wa AOSIS, Gaston Browne, minisitiri w’intebe w’ibirwa bya Antigua-na-Barbuda, yibukije ko "ibi bihugu bitoya by’ibirwa bitanga munsi ya 1% gusa ku byuka bihumanya ikirere."

Yagize ati: "Ibihugu byacu nibyo bifite uruhare ruto cyane mu kwangirika kw’ikirere ku isi, ariko nibyo byishyura ikiguzi kinini."

Icyo kiguzi cyagiye kiboneka buhoro buhoro kubera ubushakashatsi bw’abahanga.

BBC

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa