skol

DR Congo: Umunyeshuri yimanitse arapfa nyuma yo gutsindwa ikizamini cya leta

Yanditswe: Wednesday 31, Aug 2022

featured-image

Umunyeshuri wari urangije amashuri yisumbuye yapfuye yimanitse nyuma yo gutsindwa ikizamini cya leta mu ntara ya Kasaï-Central, nk’uko bivugwa na Radio Okapi.
Byabaye mu ijoro ryo kuwa mbere w’iki cyumweru nyuma y’uko ibyavuye mu kizamini cya leta bitangajwe.
Uyu musore w’imyaka 18 yahise yiyahura yimanitse nyuma yo kumenya ko yatsinzwe.
Ishyirahamwe Nouvelle Société Civile Congolaise (NSCC) ryamaganye iki gikorwa, ari nako risaba abanyeshuri batsinzwe kudatakaza icyizere.
Urikuriye (…)

Umunyeshuri wari urangije amashuri yisumbuye yapfuye yimanitse nyuma yo gutsindwa ikizamini cya leta mu ntara ya Kasaï-Central, nk’uko bivugwa na Radio Okapi.

Byabaye mu ijoro ryo kuwa mbere w’iki cyumweru nyuma y’uko ibyavuye mu kizamini cya leta bitangajwe.

Uyu musore w’imyaka 18 yahise yiyahura yimanitse nyuma yo kumenya ko yatsinzwe.

Ishyirahamwe Nouvelle Société Civile Congolaise (NSCC) ryamaganye iki gikorwa, ari nako risaba abanyeshuri batsinzwe kudatakaza icyizere.

Urikuriye muri iriya ntara, Albert Ngalamulume, asaba kandi ababyeyi kuba hafi y’abana babo muri ibi bihe by’ibizamini no gutangaza ibyabivuyemo, nk’uko iriya radio iterwa inkunga na ONU ibivuga.

BBC

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa