skol

Myanmar: Abantu barenga 60 barimo n’abana biciwe mu myigaragambyo yo kwamagana abahiritse ubutegetsi

Yanditswe: Saturday 27, Mar 2021

Abashinzwe umutekano muri Myanmar barashe mu bongeye kwigaragambya bo mu bice bya Yangon, Mandalay no mu yindi mijyi itandukanye mu gihe abahiritse ubutegetsi barimo kwizihiza umunsi w’ingabo.

Abantu batari munsi ya 60 kandi bishoboka ko barenga 90 bapfuye, nkuko amakuru abivuga, mu gihe barengaga ku byo bari baburiwe n’igisirikare bakigaragambya bamagana ihirikwa ry’ubutegetsi.

Abigaragambya bagiye mu mihanda yo mu mujyi mukuru Yangon no mu yindi mijyi.

Ambasade y’Amerika muri Myanmar yavuze ko abashinzwe umutekano "barimo kwica abasivile badafite intwaro".

Ikinyamakuru Dailymail cyo gitangaza ko mu barenga 60 bishwe harimo n’umwana muto w’umuhungu wari mu bigaragambya.

Iyi mibare mishya yatuma umubare w’abamaze kwicwa kugeza ubu mu bikorwa byo kuburizamo imyigaragambyo y’abamagana ihirikwa ry’ubutegetsi ugera hafi ku bantu 400.Ibihumbi mirongo by’abantu nibo biroshye mu mihanda barigaragambya uyu munsi.

Mbere yaho, umusirikare wafashe ubutegetsi muri Myanmar yasezeranyije "kubungabunga demokarasi", mu gihe ubutegetsi bwe bwaburiye abigaragambya bamagana abahiritse ubutegetsi bwari busanzweho ngo ntibajye mu mihanda.

Jenerali Min Aung Hlaing yabivugiye kuri televiziyo y’igihugu, mu ijambo rijyanye no kwizihiza umunsi w’ingabo. Yongeye gusezeranya ko hazabaho amatora, ariko ntiyavuga itariki azaberaho.

Ku wa gatanu, mu kundi kuburira, televiziyo y’igihugu yavuze ko abigaragambya bafite ibyago byo kuraswa "mu mutwe no mu mugongo".

Ni iki kiri kuba mu mihanda?

Aya makuru mashya y’impfu ava mu bitangazamakuru The Irrawaddy na Myanmar Now.

Myanmar Now yatangaje ko abishwe ari 91 mu mijyi 40 itandukanye mu gihugu kugeza ku isaha ya saa kumi n’iminota 30 (16h30) zaho, ni ukuvuga saa sita (12h) ku isaha yo mu Rwanda no mu Burundi.

Amakuru mashya y’igitangazamakuru Irrawaddy avuga ko abantu bapfuye ari 59, barimo n’abana batatu, biciwe ahantu 28 hatandukanye.

Impirimbanyi zamagana ihirikwa ry’ubutegetsi zari zahamagariye abantu kwitabira imyigaragambyo ikomeye kuri uyu wa gatandatu, nubwo igisirikare cyari cyakangishije ko gikoresha imbaraga zishobora no kwica.

Abapolisi bagabwe ku bwinshi, bagerageza kuburizamo imyigaragambyo, by’umwihariko mu mujyi mukuru Yangon.

Ababibonye n’abandi bantu babwiye ishami rya BBC ritangaza ibiganiro mu rurimi rwa Burmese (Burma cyangwa Birmanie ni irindi zina rya Myanmar) ko abigaragambya bishwe mu mijyi ya Magway, Mogok, Kyaukpadaung na Mayangone.

Abapfuye banatangajwe mu mujyi wa kabiri mu bunini wa Mandalay, aho abigaragambya bitwaje ibendera ry’ishyaka rya Madamu Suu Kyi.

Umunyamakuru umwe yabwiye ibiro ntaramakuru AFP ko polisi yarashe amasasu nyamasasu ku bigaragambya mu mujyi wa Lashio uri mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bw’igihugu.

Dr Sasa, umuvugizi w’itsinda CRPH rirwanya agatsiko ka gisirikare kafashe ubutegetsi, yabwiye ibiro ntaramakuru Reuters ati:

"Uyu ni umunsi wo gukorwa n’isoni ku ngabo. Abasirikare b’abajenerali barimo kwizihiza umunsi w’ingabo nyuma yo kwica inzirakarengane z’abasivile zirenga 300".

Min Aung Hlaing yavuze iki nyirizina?

Mu ijambo ryanyuze kuri televiziyo ako kanya (mu buryo bwa ’live’) kuri uyu wa gatandatu, Jenerali Min Aung Hlaing yagize ati: "Igisirikare kirashaka kwifatanya n’igihugu cyose mu kubungabunga demokarasi".

"Ibikorwa by’urugomo byibasira ituze n’umutekano bigamije kugira ibyo bisaba ntabwo bikwiye".

Yongeyeho ko igisirikare cyagombaga gufata ubutegetsi kubera "ibikorwa binyuranyije n’amategeko" by’umutegetsi wari watowe muri demokarasi, Aung San Suu Kyi, n’ishyaka rye rya National League for Democracy.

Ariko, ntabwo yavuze by’umwihariko ko igisirikare cyahawe amategeko yo kurasa cyica. Mbere, aka gatsiko k’abasirikare kari ku butegetsi kari kagerageje kuvuga ko kurasa kwaturutse imbere mu bigaragambya.

Ku wa gatanu, televiziyo ya leta yaburiye ko abantu "bakwiye gukura isomo mu bwicanyi bwabayemo impfu mbi mbere ryuko ushobora kuba mu byago byo kuraswa mu mutwe no mu mugongo".

Umunsi w’ingabo ni uwo kuzirikana intangiriro mu 1945 y’ibikorwa by’igisirikare cya Myanmar byo guhangana no kwigarurirwa n’Ubuyapani.

Akarasisi ka gisirikare akenshi kitabirwa n’abategetsi bo mu bindi bihugu. Ariko, bisa nkaho Minisitiri wungirije w’ingabo w’Uburusiya Alexander Fomin ari we mutegetsi wo mu mahanga wenyine wari uhari.

Jenerali Min Aung Hlaing yongeyeho ati: "Uburusiya ni inshuti nyakuri [nyanshuti]".

Amerika, Ubwongereza n’umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU/UE) byose byafatiye ibihano Myanmar kubera ihirikwa ry’ubutegetsi ryakozwe n’igisirikare.

Mu myaka ya vuba aha ishize, umubano wo mu rwego rwa gisirikare wateye imbere hagati ya Myanmar n’Uburusiya. Muri icyo gihe, Uburusiya bwahaye imyitozo abasirikare babarirwa mu bihumbi ba Myanmar, ndetse bwanayigurishijeho intwaro.

BBC

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa