Nigeria: Uwashinje Leta kutagira intwari yagarutsweho byihariye
Yanditswe: Tuesday 23, Aug 2022

Chimamanda yagarutsweho cyane nyuma y’ijambo yavuzemo ko Nigeria nta ntwari ifite
Umwanditsi uzwi cyane ku isi Chimamanda Ngozi Adichie arimo kugarukwaho cyane muri Nigeria nyuma yo kuvuga ijambo mu nama rusange ngarukamwaka y’urugaga rw’abanyamategeko rw’icyo gihugu, aho yavuze ko Abanya-Nigeria "bashonje intwari".
Yavuze ko urubyiruko "rutakibona abantu bo gufatiraho urugero rwiza".
Yanakomoje ku ngorane za Nigeria zikomeje zo mu rwego rw’umutekano, zirimo nk’ikibazo cyo gushimuta abantu kugira ngo barekurwe hatanzwe ingurane.
Ashimangira ko Nigeria iri mu kaduruvayo, ko ibintu bigoye kandi birushaho kugora buri munsi. Ntidushobora kugira umutekano mu gihe nta kamaro k’amategeko gahari"
Umwe yanditse kuri Twitter ati: "Chimamanda Ngozi Adichie, ni umugore utagira ubwoba utanagira impuhwe. Avuga icyo ashaka kuvuga nta bwoba na bucyeya".
Undi yagize ati: "Uyu mugore amvugiye ibindi mu mutima".
Mu kwezi kwa karindwi uyu mwaka, Chimamanda yatangaje ko ashyigikiye umukandida Peter Obi w’ishyaka rya Labour wiyamamariza kuba Perezida mu matora yo mu kwezi kwa kabiri mu 2023.
Chimamanda yavuze ko atari we uzabona icyo gihe kigeze ngo amuhe ijwi rye muri ayo matora.
Mu bakomeye bari bari muri iyo nama yavugiyemo iryo jambo, harimo nka Atiku Abubakar, umukandida perezida w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi rya PDP, hamwe na Peter Obi.
BBC
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *