RDC: Tshisekedi yateguje Ingabo za EAC ko zishobora ku muvira mu gihugu mu kwezi gutaha
Yanditswe: Wednesday 10, May 2023
Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo yavuze ko niba nta musaruro ushimishije ingabo z’akarere k’Afurika y’uburasirazuba zigaragaje mu burasirazuba bw’igihugu, zizahava.
Tshisekedi yabivugiye mu kiganiro n’abanyamakuru ku wa kabiri mu murwa mukuru Gaborone wa Botswana, mu ruzinduko amazemo iminsi mu bihugu byo mu muryango w’ubukungu w’Afurika y’Amajyepfo (SADC).
Uwo mutwe w’ingabo z’akarere – uzwi nka EACRF – wava burundu ku butaka bwa DR Congo mu kwezi gutaha kwa Kamena (6) ubwo uzaba urangije manda yawo, nkuko byatangajwe n’ibiro bya perezida.
Uyu mutwe w’ingabo washyizweho n’abategetsi bo mu karere muri Kamena mu 2022, mu kugerageza kugarura umutekano mu burasirazuba bwa DR Congo, zigenzura ko inyeshyamba za M23 ziva mu bice zari zarafashe
EACRF igizwe n’abasirikare bava mu Burundi, Uganda, Kenya na Sudan y’Epfo.
Perezida Tshisekedi abivuze nyuma yuko ku wa mbere abategetsi bo muri SADC bemeye kohereza ingabo mu burasirazuba bwa DR Congo, ahabarurwa imitwe y’inyeshyamba irenga 100.
Abategetsi bo muri SADC bavuze ko bahangayikishijwe cyane n’izahara ry’umutekano muri DR Congo, ndetse bamagana ibikorwa by’imitwe yitwaje intwaro, irimo n’inyeshyamba za M23.
Izo ngabo zigiye koherezwa muri DR Congo ni izo mu mutwe w’ingabo za SADC uba witeguye gutabara aho rukomeye mu bihugu byo muri uyu muryango.
Aba bategetsi banasabye ko imitwe yose yitwaje intwaro ihagarika imirwano "aka kanya" ndetse ikava mu bice yafashe "nta yandi mananiza".
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *