skol
fortebet

Sri Lanka: Abaturage binjiye mu biro bya Perezida w’igihugu kumweguza

Yanditswe: Saturday 09, Jul 2022

featured-image

Sponsored Ad

Muri Sri Lanka, habereye imyigaragambyo ikomeye kugeza ubwo Perezida yafashe umwanzuro wo guhunga. Abaturage binjiye mu Ngoro y’Umukuru w’Igihugu iherereye ahitwa Colombo bateza akavuyo gakomeye.
Abigaragambya baturutse impande zose z’igihugu bakoze urugendo berekeza i Colombo basaba ko Perezida yegura nyuma y’amezi mu myigaragambyo kubera imicungire mibi y’ubukungu bw’igihugu.
Amakuru avuga koPerezida yahungishijwe ubu yimuriwe ahantu hizewe.
Igihugu gifite ikibazo cy’ifaranga rikomeje guta (...)

Sponsored Ad

Muri Sri Lanka, habereye imyigaragambyo ikomeye kugeza ubwo Perezida yafashe umwanzuro wo guhunga. Abaturage binjiye mu Ngoro y’Umukuru w’Igihugu iherereye ahitwa Colombo bateza akavuyo gakomeye.

Abigaragambya baturutse impande zose z’igihugu bakoze urugendo berekeza i Colombo basaba ko Perezida yegura nyuma y’amezi mu myigaragambyo kubera imicungire mibi y’ubukungu bw’igihugu.

Amakuru avuga koPerezida yahungishijwe ubu yimuriwe ahantu hizewe.

Igihugu gifite ikibazo cy’ifaranga rikomeje guta agaciro mu buryo bukabije kandi kigowe no kwinjiza ibiribwa, lisansi n’imiti.

Ibihumbi by’abigaragambyaga barwanya leta bagiye mu murwa mukuru ndetse abayobozi babo babwiye ibiro ntaramakuru AFP ko bamwe bakodeshe za gari ya moshi kugira ngo bagereyo.

Binjiye muri Perezidansi I Colombo, basakuza bavuga ngo "Gota taha mu rugo!" banaca kuri bariyeri nyinshi za polisi kugirango bagere kwa Perezida Rajapaksa.

Polisi yarashe amasasu mu kirere kandi ikoresha ibyuka biryana mu maso kugira ngo igerageze kubuza imbaga yari yarakaye kwinjira kwa Perezida, ariko ntiyabasha kubuza bamwe mu mbaga kwinjira.

Umwe mu bashinzwe umutekano yabwiye AFP ati: "Perezida yajyanywe ahari umutekano.Aracyari perezida, arinzwe n’umutwe wa gisirikare."

Amashusho ya Facebook yafatiwe imbere mu nyubako yerekanye abantu babarirwa mu magana bigaragambyaga bipakiye mu byumba na koridoro, mu gihe amagana y’abandi yari hirya no hino mu kibuga hanze.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa