Tigray:Imirambo y’abishwe mu ntambara iri ku gasozi,ubu inyamaswa zayahutse
Yanditswe: Wednesday 19, Oct 2022
Impyisi zirimo kurya imirambo y’abapfuye, imijyi yarashweho ibisasu n’indege, abasaza n’abakecuru bari kujya ku rugamba
hari inkuru mbi cyane zirimo kuva mu ntambara imaze gusiga ibihumbi za mirongo, niba atari amagana, bapfuye mu ntara ya Tigray muri Ethiopia.
Aka karere kahoze ari ak’ubukerarugendo, aho benshi bajyaga kureba insengero zubatse mu rutare, imisigiti ya cyera cyane, n’inyandiko zo mu myaka yo hambere cyane zo mu rurimi rwa Ge’ez.
Ubu Tigray yabaye isibaniro ry’intambara, aho ingabo za Ethiopia na Eritrea ku ruhande rumwe, hamwe n’ingabo za Tigray People’s Liberation Front (TPLF), zirwanira kugenzura aka akarere kahoze kuva cyera kabonwa nk’ingenzi mu butegetsi muri Ethiopia, cyangwa mu cyahoze cyizwi mu mateka nka Abyssinia.
Kamaze amezi 17 kagoswe – nta banki, telephone cyangwa internet – nta n’itangazamakuru rihagera.
Mu myaka ibiri ishize, ibyo impande zombi zagezeho byagiye bihinduka kenshi ku rugamba, aho:
Mu Ugushyingo (11) 1010 ingabo za Ethiopia na Eritrea zafashe umurwa mukuru Mekele wa Tigray nyuma yo gushinja TPLF ubugumutsi
TPLF yakoze ibitero byo kwigaraganzura igera no mu turere turi hafi twa Amhara na Afar, no hafi y’umurwa mukuru Addis Ababa umwaka umwe nyuma
Ingabo za Ethiopia na Etirea ubu zirimo gufata ahantu henshi muri Tigray – harimo umujyi wa Shire – mu biheruka, mu kugerageza gufata Mekele nanone
Alex de Waal ukuriye ikigo World Peace Foundation cyo muri Amerika ati: “Hari nibura ingabo 500,000 za Eritrea na Ethiopia ziri mu mirwano, kongeraho abarenga 200,000 ku ruhande rw’aba-Tigray”.
Yongeraho ko nyuma y’iminsi 50 y’imirwano idahagarara, muri iki cyumweru ingabo za Tigray zitari zigishobora kwihagararaho muri Shire kubera kubura amasasu.
Prof De Waal avuga ko nubwo leta ya Ethiopia yizeje imfashanyo no gusubizaho serivisi z’ibanze muri Shire n’ahandi igenzura, “bishyize abasivile bashobora kwicwa, gufatwa ku ngufu no kwicishwa inzara.”
Intambara irwanwa mu buryo bwa cyera
Uretse ubwicanyi, abanzi bombi bashinjwa guhatira abasivile kwinjira mu mirwano, no gukoresha uburyo bwo gutera umwanzi abarwanyi basatira mu kivunge nta kintu kibarengera.
Abdurahman Sayed umusesenguzi w’akarere k’ihembe rya Africa uba mu Bwongereza ati: “Abantu barinjizwa mu ngabo nyuma y’ibyumweru bicye gusa batojwe, boherezwa ari benshi mu bice bitezwemo mine ngo bajye kurwana n’umwanzi.
“Umwanzi afungura umuriro akarasa akica benshi muri bo, ariko bakomeza kuza ikivunge kugeza umwanzi amasasu amushiranye bakigarurira aho yari ari.
“Ni uburyo bwa cyera bw’intambara. Bwakoreshejwe bwa mbere n’umwami wa Abyssinia mu gutsinda abataliyani mu myaka ya 1890. Nubwo bari bafite ingabo zikomeye no mu kirere, abataliyani baneshejwe n’umubare w’abantu benshi bazaga mu gitero.”
Abdurahman avuga ko ubu buryo bwo kurwana butwara ubuzima bwa benshi, aho we abona ko abantu hagati ya 700,000 na 800,000 bamaze gupfa muri iyi myaka ibiri ishize y’intambara.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *