USA: Imyigarambyo ikomeye isaba ikurwaho ry’imbunda nto muri rubanda
Yanditswe: Monday 13, Jun 2022
Abaturage babarirwa mu bihumbi bakozeimyigaragambo mu mujyi wa Washington D.C. no mubindi bice bitandukanye muri Amerika bafite uburakari bwinshi kubera ibitero bagabwaho na bagenzi babo.
Abaturage babarirwa mu bihumbi bakozeimyigaragambo mu mujyi wa Washington D.C. no mubindi bice bitandukanye muri Amerika bafite uburakari bwinshi kubera ibitero bagabwaho na bagenzi babo.
Barasaba Congle ya America yashyiraho itegeko ryambura uburenganzi abaturage bwo gutunga imbunda kubera ubwicanyi bwahitanye imbaga mu duce twa Uvalde muri reta ya Texas, n’i Buffalo, muri New York.
Umukuru w’umugi wa Washington DC, Muriel Bowser, yabwiye imbaga yabigaragambya ko ubwicanyi bumaze igihe bwibasira abaturage bugomba guhagarara byihuse
Perezida wa Amerika Joe Biden yabwiye abari muri iyo myigaragambyo i Washington D.C. kuyikomeza.
Itsinda ry’abasenateri bakomoka mu ishyaka ry’abademokrate n’abarepublikane kuri iki cyumweru bumvikanye ku ntambwe yo guhagarika ubwo bwicanyi.
Perezida Joe Biden yashimye ibyumvikanyweho, gusa avuga ko asaba abanyamategeko kwihutisha ingingo zikumira ubwicanyi bwibasira abaturage muri America, n’ubwo yanenze ko icyemezo nk’iki cyatinze gufatwa.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *