skol

Uwahoze ari umupolisi ukomeye muri Uganda yarashwe n’abantu bari kuri moto

Yanditswe: Sunday 09, Sep 2018

Uwitwaje intwaro yarashe Muhammad Kirumira wahoze ari Umuyobozi wa Polisi mu karere ka Buyende n’ umukobwa bari kumwe mu modoka barashwe barapfa ubwo bari batwaye imodoka bageze hafi y’ urugo rwabo ahitwa Bulenga, Wakiso.

Umuvugizi wa Polisi ya Uganda, Emilian Kayima yatangaje ko abapolisi bahise boherezwa aho byabereye, amakuru menshi akaza gutangazwa uko amasaha agenda yigira imbere.

Bivugwa ko Kirumira yarasiwe mu modoka ye hafi y’urugo rwe n’ umuntu wari kuri moto. Yasezeye mu gipolisi mu mwaka ushize, aza kugezwa imbere y’urukiko ashinjwa imitwarire mibi ndetse yamburwa amapeti yari afite.

Kirumira arashwe mu gihe muri Uganda ubwicanyi bumaze gufata indi ntera, cyane bugirwamo uruhare n’abantu bagenda kuri moto.

Tariki 17 Werurwe 2017 nabwo uwari umuvugizi wa Polisi ya Uganda, Assistant Inspector General of Police (AIGP) Andrew Felix Kaweesi yarashwe ubwo yavaga iwe mu rugo i Kulambiro mu Mujyi wa Kampala.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa