skol

Ingo 50% z’impunzi ziri mu Rwanda zizaba zishoboye kwibeshaho mu 2030

Yanditswe: Tuesday 07, Oct 2025

featured-image

U Rwanda rwitabiriye Inama ya 76 y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi, UNHCR, yabereye i Geneva mu Busuwisi, ahaganiriwe ku kuba Isi ikeneye kongera imbaraga mu bikorwa byo kurinda impunzi no kuzigezaho ubufasha nkenerwa.

Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj. Gen. (Rtd) Albert Murasira, yagarutse ku buryo bw’u Rwanda mu kwinjiza impunzi muri gahunda z’Igihugu nk’uburezi, ubuzima ndetse n’ibindi bizifasha mu mibereho.

Minisitiri Maj. Gen. (Rtd) Murasira yerekanye ko binyuze muri gahunda y’imyaka itanu yo kwita ku mpunzi ya 2025-2030, intego ari uko ingo 50% z’impunzi zizaba zibasha kwibeshaho mu 2030.

U Rwanda kandi rwashimangiye gukomeza gutanga ubufasha ku mpunzi zitahuka, runahamagarira amahanga guharanira ko nta mpunzi cyangwa igihugu kizakira gisigara inyuma muri gahunda z’iterambere.

Ubushakashatsi bwa FinScope 2024, igice cyibanda ku mpunzi, bwagaragaje ko izibarizwa mu Rwanda zigerwaho na serivisi z’imari ku kigero cya 99%.

Impunzi zo mu Rwanda zirenga ibihumbi 136 zigizwe n’abari n’abategarugori barenga 54%, abagabo bangana na 46%. Urubyiruko (kuva ku myaka 16 na 30) rungana na 44%. Ziba mu nkambi za Kiziba, Nyabiheke, Kigeme, Mugombwa na Mahama. Impunzi zingana na 10% ziba mu mijyi mu gihe 90% ziba mu nkambi.

Ubu bushakashatsi bwiswe ‘FinScope 2024 Refugee Financial Inclusion Thematic’ bwamuritswe ku wa 20 Kamena 2025 ku Munsi Mpuzamahanga wahariwe kwifatanya n’impunzi zahungiye mu bihugu bitandukanye.

Ubuhunzi mu Isi ni ikibazo gihangayikishije, aho abarenga miliyoni 120 bakuwe mu byabo bigizwemo uruhare n’intambara, ubugizi bwa nabi, kutubahiriza amahame y’uburenganzira bwa muntu n’ibindi.

Minisitiri Maj. Gen. (Rtd) Murasira yerekanye intego u Rwanda rufite y’uko ingo 50% z’impunzi zizaba zibasha kwibeshaho mu 2030

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa