Police FC yongereye amahirwe yo kwegukana Igikombe cy’Inkera y’Abahizi
Yanditswe: Sunday 24, Aug 2025
Police FC yatsinze AS Kigali kuri penaliti 5-3 nyuma y’uko amakipe yombi anganyije 0-0 mu minota 90 y’umukino wa nyuma w’irushanwa ry’Inkera y’Abahizi ryateguwe na APR FC, yiyongerera amahirwe yo kuryegukana.
Kuri iki Cyumweru, tariki ya 24 Kanama 2025, ni bwo kuri Stade Amahoro habereye umukino wa gicuti ku makipe yombi yitabiriye irushanwa ryiswe Inkera y’Abahizi ryateguwe na APR FC.
Amakipe yombi yakinnye umukino wo mu kibuga hagati, nta buryo bwinshi arema imbere y’izamu. Mu minota 15 AS Kigali yari yinjiye mu mukino igerageza kwinjira mu rubuga rw’amahina no kuhashaka imipira y’imiterekano.
Nyuma y’iminota ine gusa rutahizamu wa AS Kigali, Rudasingwa Prince, yashatse kwinjira mu rubuga rw’amahina Issa Yakubu amushyira hasi, umusifuzi Twagirumukiza Abdulkarim wari witegereje neza atanga coup frank.
Ubu buryo bwakanguye Police FC itangira kuva inyuma isatira AS Kigali, ikoresha impande zayo zakinagaho Richard Kilongozi na Byiringiro Lague, bohererezaga imipira Emmanuel Okwi wakinaga asatira.
Ku munota wa 26, Emmanuel Arnold Okwi yacenze ba myugariro ba AS Kigali, agiye gutera mu izamu ngo atsinde igitego cya ri cyabazwe, aranyerera arawuhushura unyura iruhande rw’izamu gato.
Igice cya mbere cyarangiye amakipe yombi anganya 0-0, mu cya kabiri Umutoza wa Police FC, Ben Moussa, akora impunduka akuramo Byiringiro Lague, Emmanuel Okwi na Kwitonda Alain ’Bacca’, ashyiramo Ani Elijah, Muhozi Fred na Hakizimana Muhadjili.
Amakipe yombi yakomeje gusatirana ashaka ibitego ariko iminota 90 y’umukino irangira zinganya 0-0. Police FC yitwaye neza mu mwanya wo gutera penaliti, ihita yiyongerera amahirwe yo kwegukana iri rushanwa rya gicuti.






Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *