Umunsi Intumwa ya Papa isabira Habyarimana kwirukanwa muri Kiliziya kubera umugambi wa Jenoside
Yanditswe: Tuesday 03, Feb 2026
Hari izina rimwe ritavuzwe cyane mu nkuru zivuga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, nyamara rikwiye kwitabwaho no kwandikwa mu mateka. Uwo nta wundi ni Arkiyepiskopi Giuseppe Bertello, ubu akaba ari Cardinal Giuseppe Bertello wa Kiliziya Gatolika.
Umutaliyani, Bertello, ntiyanditse amatangazo ya rubanda cyangwa inyandiko z’ubushumba; ahubwo yahisemo inzira igoranye kandi iteje akaga kurusha izindi yo kujya kuvugana n’ubutegetsi ubwabwo.
Mu Ugushyingo 1992, binyuze mu butumwa bw’ibanga bwashyikirijwe Umujyanama wa Perezida, Juvénal Habyarimana, Bertello yatanze isesengura ry’indangagaciro n’ubufatanye bw’amashyaka ya MRND na CDR, arigaragaza bidashidikanywaho ko ingengabitekerezo n’imikorere byayo byari igamije gutsemba Abatutsi.
Kuba iri jwi ryarumvikanye mu ibanga ni byo byatumye ritagaragara cyane mu nyandiko z’amateka, ariko uburemere bw’ubutumwa n’igihe ryatangiweho bituma rirushaho kuba ingenzi.
Kutagaragara kwabyo ntibigabanya agaciro kabyo; ahubwo bigaragaza ubutwari bwo kuvugisha ukuri, mu gihe ubwako kwari kwabaye ikintu cyashyira ubuzima bw’umuntu mu kaga.
Ubutwari n’ubuhamya bwe, tubirebye uyu munsi, bisaba ko byitabwaho nk’igihe cyo gusobanukirwa mbere y’akaga, ndetse bikaba igipimo cyo gupima inshingano za Kiliziya mu bihe by’itegurwa rya Jenoside.
Bertello yavuze mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994,yavuganye n’umuntu wari ufite ubutegetsi mu biganza, Perezida Juvénal Habyarimana, abinyujije ku mujyanama we wizerwaga. Yakoresheje amagambo abadipolomate bakunze gutinya guhingutsa nk’itsembabwoko, kwirukanwa muri Kiliziya (excommunication) n’ibindi.
Iyi nyandiko isesengura icyo Bertello yakoze nk’igikorwa cy’indangagaciro n’iyobokamana, igaragaza ubutwari budasanzwe bwari burimo, kunanirwa kw’abayobozi ba Kiliziya bo mu gihugu, uburyo Perezida yatekerezaga ku by’imico, n’amasomo ikiremwamuntu kigomba kwiga kugira ngo ayo mahano atazongera kuba ukundi.
Yatanze impuruza ntiyumvwa
Hari ukuri gutangazwa mu buryo butuje, hakoreshejwe imvugo za dipolomasi ndetse bikozwe n’inzobere mu kuvuga imbwirwaruhame, ariko hakaba n’igihe kuza kwahuranya.
Ku wa 14 Ugushyingo 1992, Perezida Juvénal Habyarimana yakiriye uko kuri kwahuranyije, kutari ibihuha cyangwa icengezamatwara ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, ahubwo bwari ubutumwa bwaturutse ku mujyanama we wizerwaga mu by’Ububanyi n’Amahanga n’Ubufatanye, Prof Runyinya Barabwiriza, wamugejejeho ibyavugiwe mu nama yagiranye n’Intumwa ya Papa mu Rwanda Giuseppe Bertello.
Yagize ati “Nakiriwe mu nama na Nyakubahwa Musenyeri Giuseppe BERTELLO, Intumwa ya Papa mu Rwanda, ku wa Gatanu tariki ya 13 Ugushyingo 1992, iwe mu rugo.”
Prof Runyinya ntiyari ahuye n’impirimbanyi iharanira impinduka, umunyamakuru cyangwa umunyepolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi ahubwo yari ahuye n’intumwa ya Papa ku giti cye amaso n’amatwi ya Vatikan. Ni umuntu watangaga raporo atuje, mu buryo bwa gishumba, ariko ibabaje ku byo yabonaga mu Rwanda.
Nk’uko bigaragara mu nyandiko Runyinya yoherereje umukuru w’Igihugu [Habyarimana], mfitiye kopi yayo, Bertello yatangiye mu bwitonzi no mu bugwaneza ariko agaragaza ibyo yashakaga kuvuga.
Yavuze ku nshingano yari yarakoze mbere muri Benin na Togo, ku bunararibonye bwe muri Afurika y’Iburengerazuba, no ku kuba yishimiye ubutumwa bwe mu Rwanda, “nubwo abona ko ari ahantu hatandukanye cyane n’Afurika y’Iburengerazuba.”
Yanenze igitekerezo cyari kimaze kumenyerwa mu bihugu bivuga Igifaransa cy’Inama Nkuru y’Igihugu yigenga (Conférence Nationale Souveraine), avuga ko “kitari gikwiye mu Rwanda” kandi aburira ko, mu bihe by’intambara n’imishyikirano, cyari kuba ikintu cyahungabanya byinshi.
Hanyuma, nk’uko Runyinya abivuga, ni bwo amagambo akomeye yatangiye. Mu nyandiko ye abwira Perezida, yagaragaje ko uwo Musenyeri afite amakuru mabi cyane kuri MRND.
Runyinya, asa n’uwari wateganyije ko Perezida atazabyishimira, yihutiye gusobanura aho ayo makuru mabi akomoka.
Yakomeje ati “Akomoka ahanini ku Babikira n’Abapadiri kuko abenshi ari Abatutsi, bityo bakaba bashyigikiye imigambi y’Inkotanyi.”
Gutangaza ko amakuru afitwe n’Intumwa ya Papa ashingiye ku ivangura ni nk’aho ukuri ubwako gupimirwa ku bwoko. Nk’aho Ivanjili yahindura igisobanuro bitewe n’uwabatijwe uwo ari we.
Ariko isesengura rye, ntiryaturutse ku magambo ahwihwiswa n’abantu ahubwo ryaturutse ku byabaga bigaragara, ku bikorwa, no ku maraso yari amaze kumeneka.
Ni yo mpamvu Bertello yavuze mu buryo busobanutse, bweruye, kandi butagira kwifata mu mvugo ko Perezida Habyarimana yashinjwaga “gutegura ubwicanyi hirya no hino mu gihugu binyuze mu bo bakorana bya hafi, agamije kuguma ku butegetsi; kuba umucurabwenge n’umusemburo w’ibikorwa bya CDR bigamije gutsemba Abatutsi; no kubangamira intambwe y’imishyikirano y’amahoro ya Arusha kugira ngo hakomeze ikibazo cy’impunzi kitabonerwa umuti.
Ijambo “gutsemba Abatutsi” rigaragara aha mu 1992, mu mezi 18 mbere y’uko Jenoside yakorewe Abatutsi iba. Byumvikana ko byari byaragaragaye kera na Kare.
Runyinya yagerageje kugabanya ubukana bw’ibyavugwaga, ati “Nasobanuriye Intumwa ya Papa ko Perezida Hbyarimana adashobora kuba umuntu w’ikirumirahabiri, aho ibikorwa bye bitajyana n’ibikubiye muri porogaramu y’Ubumwe, Amahoro n’Amajyambere by’ishyaka rye, MRND.”
Ubumwe, Amahoro, Amajyambere. Ayo magambo atatu yakoreshwaga na MRND ku buryo byari bigoye kuyatandukanya n’ikinamico cyangwa uburyarya.
Intumwa ya Papa yumvise neza uko Runyinya yamuvugiraga, hanyuma atangaza interuro yagombaga kunyeganyeza Ingoro y’Umukuru w’Igihugu.
Ati “Yababajwe n’uko nta na rimwe higeze hatangwa igisubizo rusange ku birego bikomeye kandi byinshi byatanzwe n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi.”
Mu iyobokamana rya gikirisitu, guceceka si ikintu kidafite aho kibogamiye. Ni ukwitonda cyangwa bikaba ubufatanyacyaha.
Hanyuma haza interuro iri mu nyandiko ya Runyinya amateka atagomba na rimwe kwibagirwa, igira iti “Hri uwamuburiye ku myitwarire ya gikirisitu ya Perezida, amubwira ko Perezida Habyarimana agomba guhitamo hagati ya Kiliziya Gatolika na CDR. None ko yahisemo CDR (ibikorwa byayo bidahuje n’ukwemera kwa gikirisitu, ni ukuvuga ibya satani), agomba kwirukanwa muri Kiliziya kandi agasohoka mu Muryango wa Yezu.”
Icyakurikiyeho mu nyandiko ya Runyinya ni urutonde rw’ibihe by’inzibacyuho guhera mu mpera za 1992, biganisha mu mahoro, ku matora yo mu mpera za 1993, ingengabihe y’icyizere cyari cyatandukanye n’ukuri, niba atari no kuyobya uburari ku mugaragaro.
Izo gahunda zagaragazwaga nk’izishyize mu gaciro, ziri mu murongo, kandi zidashidikanywaho. Ariko mu by’ukuri, zari ikinamico ya politiki igamije gutuma Intumwa ya Papa ituza, hatabanje kwemera ko mu mikorere ya MRND na CDR hari haramaze kwinjira ingengabitekerezo y’ivangura rikabije.
“Gahunda y’inzibacyuho” yahishaga ukuri kwinshi ku buryo ishyaka rya MRND-CDR, ryari gushimangira ubutegetsi bwaryo, gutoza imitwe yitwara gisirikare, no gutegura Jenoside mu gihe ryiyerekanaga nk’iryubahiriza amategeko n’ituze.
Mu nyandiko, Runyinya yasabye kandi ko hakorwa ubukangurambaga bwo gutagatifuza isura ya MRND mu nzego za Kiliziya.
Ubwo bukangurambaga, butajyanye n’ivugurura ry’imico cyangwa kwitandukanya n’ishyaka ritegura Jenoside, ntikwari ukwihana ahubwo kwari ugushaka kwivuga neza aho kwicuza.
Kugerageza kuyobya Kiliziya bigaragaza ihindagurika ry’indangagaciro n’imyitwarire byatumye Jenoside ishobora gutekerezwa, gutegurwa hanyuma igashyirwa mu bikorwa.
Intumwa ya Papa yongeye kuburira ku bijyanye n’amasezerano y’amahoro ya Arusha agaragaza ko mu mahoro umuntu atsindira byose ariko mu ntambara agatakaza byose.
Icyo gihe yashakaga kumvikanisha ko intambara ntacyo izagezaho. Yanagaragaje ko mu matora yari yegereje, MRND izayatsinda.
Icyari gikomeye cyane mu nyandiko ya Prof Runyina Barabwiriza ni imvugo ya Bertello wasobanuye MRND-CDR nk’ibikorwa by’umwijima.
Ibikorwa byo kongera kugira isura nziza ku ishyaka byaratangijwe ariko ntibyaba impinduka ahubwo biba nko gusigiriza amavuta. Ni ubukangurambaga bwari bugamije kugaragaza ishyaka neza ariko ritahagaritse ibikorwa byaryo no gukorana n’abashaka gutsemba Abatutsi, ntibyari ubwiyunge ahubwo kwari uguhishira ibyaha.
Bertello yakomeje gukorera mu cyizere, yizera ko Kiliziya Gatolika n’aba-Protestant bashobora kuzafasha mu kugera ku mahoro, kuko yumvaga ko bo nta ruhande babogamiyeho kuko bari mu iyogezabutumwa.
Ntabwo yari abizi cyangwa se ntabwo yashakaga guhita abyizera ko muri bo harimo abafite imitima iganisha ku kwijandika mu byaha, abaha rugari ingengabitekerezo ya Jenoside, ubugambanyi bihishe mu mutaka w’ivugabutumwa n’ibindi.
Bamwe mu bayobozi bakuru muri za Kiliziya ntabwo bananiwe gusa guhagarika iyo migambi mibisha ahubwo yabaye nk’ishapure yabo ya buri munsi.
Nyamara nyuma ba bashumba bari baranumvise ijwi rya Bertello babonye ko nta kibi kiri muri MRND-CDR, nta kibi kiri mu ngengabitekerezo ya Jenoside, nta kibi kiri mu gutegura no gutumira abacurabwenge bagamije kurimbura, ibintu FPR yarwanyaga ariko abanyamadini ntibabirwanya.
Kugeza ubwo yavaga mu Rwanda ku wa 10 Mata 1994, Bertello yishyuye ikiguzi. Na we yarahohotewe, arasuzugurwa aho abasirikare bajugunyaga ibisigazwa by’ibiribwa mu rugo rwe aho yari atuye.
Nubwo bimeze bityo kugeza uyu munsi nta mupadiri w’umugatolika urahamwa no kugira uruhare muri Jenoside ngo yamburwe izo nshingano ku mugaragaro.
Iyi ntumwa ya Papa yavugaga Jenoside mu izina ryayo ubwo yabaga. Yerekanaga igengabitegekerezo mbi (imyumvire iganisha kuri satani) mu gihe abandi bavugaga ko ari politiki iri gukorwa. Yaburiye Perezida ku mugaragaro ariko undi amwima amatwi.
Ukuri gushingiye ku bimenyetso
Uruhare rw’Intumwa ya Papa, Giuseppe Bertello, mu Rwanda mu Ugushyingo 1992, rugaragaza bumwe mu busesenguzi bw’ingenzi kandi bufite uburemere ku rwego rw’iyobokamana bwatanzwe mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Mu gihe imvugo zipfukirana ukuri, guhakana, n’imvugo zishingiye ku nzira z’amategeko ari zo zari ziganje mu biganiro bya politiki n’iby’idini, Bertello yavuze igitekerezo cyari gikwiye, gifite ishingiro rya tewolojiya, kandi kireba kure.
Ibyo Bertello yabwiye Perezida Habyarimana ntibyari igitekerezo kitatekerejweho, kandi ntibyari no gukabya k’umupadiri w’umunyamahanga utazi neza imiterere ya politiki n’imibereho by’u Rwanda, byari isesengura ryatanzwe ku gihe, rifite ububasha n’ubwitonzi, rishingiye ku bimenyetso bigaragara, ku mvugo zari zizwi ku mugaragaro, no ku bushishozi bw’imyitwarire myiza umuntu wese witegereza ibintu mu kuri ashobora kugeraho. Ingero zirahari.
Ku wa 17 Ugushyingo 1992, uwari Minisitiri w’Intebe, Dr. Dismas Nsengiyaremye, yandikiye Perezida Habyarimana yemeza mu buryo burambuye ibyari byagaragajwe na Bertello.
Iyo baruwa yashyizweho umukono mu buryo bwihuse kuri paji zayo uko ari enye. Muri iyo baruwa, yagaragaje ibirimo n’imbwirwaruhame Habyarimana yari aherutse gukorera mu Ruhengeri, iminsi ibiri yari yabanje yashinje guveronoma gutegura itsembabwoko muri Kibilira, Bugesera, na Kibuye na Jenoside yakorewe Abagogwe muri Perefegitura ya Gisenyi na Ruhengeri.
Bertello yakorejwe itsembabwoko mu gihe Minisitiri w’Intebe Nsengiyaremye we yakoresheje Jenoside ariko nta n’umwe wari ukeneye ko ibyo yavugaga byemezwa n’Akanama ka Loni gashinzwe umutekano cyangwa Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwa ICTR, ahubwo bombi bari bazi ibyo bavuga.
Ku wa 14 Ugushyingo 1992, Prof Jean Gualbert Rumiya, umwarimu muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda akaba n’umunyamuryango wa Komite ya MRND, yanditse ibaruwa mfitiye kopi, ayandikira Perezida Juvénal Habyarimana yegura mu mwanya w’ubuyobozi yari afite no kuva mu ishyaka ubwaryo.
Rumiya yumvaga adashobora gukomeza kuba muri iryo shyaka, ryari rikomeje gukorana na CDR yari yarimitse amoko kurushaho. Prof Rumiya n’abana be batatu bishwe muri Jenoside.
Ikinyamakuru Jeun Afrique cyagiranye ikiganiro na Perezida Habyarimana (N°1657, Ukwakira 8–14, 1992). Muri icyo kiganiro Habyarimana asa n’uwemeza ko ibyo Giuseppe Bertello yavugaga byo kuba Perezida ubwe ari we utuma amasezerano y’amahoro ya Arusha atagerwaho.
Bertello yabwiye Prof Runyina wari umujyanama wa Perezida ko Habyarimana, ko abo muri MRND-CDR bateshaga agaciro ibiganiro kandi na Habyarimana mu magambo ye ibyo yarabyemeye.
Habyarimana yashakaga ko amakimbirane agaragara nk’akomoka ku bantu bo hanze, atari ku buyobozi bwe. Yabishinje Uganda n’umukuru w’igihugu Yoweri Kaguta Museveni, avuga ko abantu ba RPF Inkotanyi ari abasirikare ba Uganda (NRA).
Kubivuga gutyo byamufashije guhunga ibibazo byari mu Rwanda, kandi bigaragaza intambara y’Abanyarwanda nk’ikintu cyashyizweho n’abanyamahanga, aho kuba ikibazo cyari gifitwe mu gihugu imbere.
Uburyo Habyarimana yafataga impunzi z’Abanyarwanda mu gihe cy’imyaka irenga mirongo itatu, byongera kwerekana uburyo yarwanyaga amahoro n’iyubahirizwa ry’uburenganzira bwabo.
Kenshi na kenshi yagiye avuga ko gusubizwaho mu gihugu kwabo, bigomba gukorwa mu buryo bubatandukanya n’abaturage basanzwe b’u Rwanda.
Yatekerezaga ko guha ubutaka impunzi bitazoroha.
Ati "Hazabaho ibibazo by’imibereho. Ntabwo bishoboka gusubiza impunzi ukaziha ubutaka bwo guhinga. U Rwanda nta bundi butaka rufite. Kandi byaba bitarimo ubumuntu gusubiza impunzi zabaye mu nkambi zo muri Uganda hanyuma ukazishyira mu zindi nkambi mu Rwanda. Igisubizo cyiza ni ukubinjiza mu baturage, kuko abazasubira mu gihugu bazasanga bafite imiryango n’abavandimwe bari mu gihugu."
Mu kugaragaza impunzi z’Abanyarwanda n’abanyamahanga, yanze mu buryo bugaragara uburenganzira bwabo bwo gusubizwa ubutaka no kujya mu byabo, bityo agashyigikira kwimurwa kwabo no gukomeza kuba mu buryo bwari busanzwe.
Yakunze kunenga cyane ibikubiye mu masezerano ya Arusha avuga ko ibiyakubiyemo byose biri mu mategeko y’u Rwanda n’Itegeko nshinga ati “Ibi byose biri mu Itegeko Nshinga n’amategeko yacu! Byari ngombwa ko mutangiza intambara ngo tugere kuri ibi?”
Uko yakomezaga kwanga ibiganiro bigamije kugira amashyaka menshi, kugendera ku mategeko, demokarasi n’ubumwe bw’Abanyarwanda bishimangira uko yashakaga ko MRND ikomeza gukandamiza abaturage.
Habyarimana yavuze ko “kongera kubaka ubumwe bw’igihugu” ari akazi kagoye cyane. Ariko se kuki mu magambo ye yagize ati “Imana yaturemye mu moko atatu. Twese turi mu ishyaka rimwe twagerageje gutuma buri wese yumva ko mbere na mbere ari Umunyarwanda… Hari abatubwira ko ntacyo twakoze. Ariko amateka azavuga ibyo twagezeho. Abanenga bashobora no kuvuga ko amoko akigaragara ku ndangamuntu. Njyewe mvuga ko atari cyo kintu cy’ingenzi cyane."
Yabivugaga ntacyo yikanga ariko yari umuntu ukwirakwizaga amacakubiri mu buryo bwimbitse.
Ibyo byose byerekana kandi bigashimangira ibyo Bertello yari yaragaragaje ko Umukuru w’igihugu ubwe ari we mbogamizi ku masezerano y’amahoro.
Muri make, ikiganiro gihamya ko Bertello yari mu kuri. Uburyo Habyarimana yagaragazaga ko ibibazo abiterwa n’abanyamaganga, gufata impunzi nk’abatari Abanyarwanda gukomeza gutsimbarara ku gutahuka kwazo n’impinduka za Politiki byemeje ibyo Bertello yari yagaragaje.
Ubutumwa bwe bushobora gufatwa nk’ubuhanuzi, byari isesengura rya Politiki rijyanye n’ibiri kuba ku muyobozi wabaye inzitizi ku kugera ku kwiyunga n’uburenganzira bwa muntu.
Ibitangazamakuru nka Kangura, Médaille Nyiramacibiri, Ijambo, Interahamwe, Impanda, Kamarampaka, n’ibindi byakomeje gushikama mu mugambi wo gukoresha imvugo yambura ubumuntu, ivanguramoko, ubwoba bw’imperuka, no guhamagarira abantu kugirira nabi Abatutsi.
Ibyo binyamakuru kandi byarasomwaga cyane, byaravugwaga kandi byafatwaga nk’ibyizerwa mu gushyigikira politiki y’abari ku butegetsi.
Ibyo byatangazaga byari bisobanutse kuri buri wese wabisomaga, umututsi yagaragajwe nk’aho ari we mwanzi w’igihugu.
Giuseppe Bertello yavutse nyuma y’Intambara ya Kabiri y’Isi, akura azi neza ububi n’ingaruka z’amagambo mabi.
Kuvuga ku karubanda kwa MRND-CDR, mu bitangazamakuru, mu nama za Politiki byakuyeho urujijo rwose. Ururimi bakoreshaga rwahishuraga imigambi yabo.
Icy’ingenzi ni uko Abanyarwanda babizi neza, uko ibintu bya politiki byari bimeze byarigaragazaga ko ibyo CDR yavugaga atari ibitekerezo byabo gusa cyangwa.
Ibyo bavuga byasubirwagamo, byakomejwe, kandi byakajijwe imyemerere yari isanzwe itavugwa ariko yumvikanyweho y’umukuru w’igihugu Habyarimana n’ishyaka rya MRND.
Ubufatanye bwabo bwakoraga neza ku buryo imyemerere ikaze yashoboraga kugaragazwa ntibishyirwe kuri Perezida mu buryo bwemewe, kandi bigakomeza kurindwa no kugira akamaro muri politiki.
Uretse ibiganiro n’amagambo y’urwango, habanje no gutegurwa ibikorwa. Amahugurwa, imikorere, n’imyitozo by’Interahamwe yo gukora ubwicanyi bwagutse ntiyabaye ibanga ryari rizwi gusa n’ibigo by’ubutasi.
Byarigaragazaga, byaganirwagaho, kandi byari bisanzweho. Urubyiruko rw’abasore, bahugurwaga, bakigishwa urwango, kandi bagahabwa intwaro mu izina ry’ishyaka no kurinda abaturage.
Gushyiraho za bariyeri, lisiti, imyitozo, no gukwirakwiza intwaro byari ibisanzwe mu biganiro no mu buzima bwa buri munsi. Igitekerezo kivuga ko ibi bikorwa byari ibyo kwirinda usanga atari cyo, iyo urebye ubunini bwabyo n’uburyo byari byubatswe. Byemeza ko byari gutegura ubwicanyi, kandi benshi baribabizi.
Ubutumwa bwa Major General Déogratias Nsabimana bwo ku itariki ya 21 Nzeri 1992, bwagenewe ingabo zose bwiswe “Ibisobanuro by’Umwanzi”, ni kimwe mu bimenyetso bikomeye cyane byemeza ibyo Bertello yari yavuze.
Uyu muyobozi na we yasobanuye ko umwanzi wa mbere watangajwe ari Umututsi, haba mu Rwanda imbere no hanze yarwo.
Ibi si amagambo y’ibanga cyangwa imvugo yo guhishura ibintu. Byari inyigisho igaragara kandi yumvikana.
Byanditswe mu Gifaransa, nta gusobanurirwa byari bikenewe kuri Bertello, wumvaga neza Igifaransa, yashoboraga kubisoma, kubisobanukirwa, no kubisesengura ako kanya nk’uko byari bimeze ku muyobozi, umupadiri, cyangwa umuhanga w’Umunyarwanda uwo ari we wese wize.
Ibyo byerekana ko Perezida Habyarimana atari yiteguye kwemera ibyari kuva mu masezerano ya Arusha. Byemezwaga n’ibikorwa n’amagambo ye.
Umuburo wa Bertello wigaragaje ku wa 15 Ugushyingo ubwo Perezida Habyarimana, yari mu Ruhengeri nyuma y’umunsi umwe gusa ashyikirijwe inyandiko ya Prof Runyina.
Nyuma y’icyumweru kimwe kandi imvugo nk’iyo ibiba urwango n’amacakubiri yongeye kuvugwa na Léon Mugesera mu ijambo rutwitsi yavugiye ku Kabaya. Iryo jambo ryabibye ingengabitekerezo ya Jenoside ikomeye.
Uko Prof. Runyinya Barabwiriza, umuhanga mu by’ubumenyi bw’ishyaka Hutu-Power nari naramukurikiranye mu mezi menshi, wihutiye gutegura gahunda yo guhisha ukuri, guhindura imyumvire, no kweza ishyaka yitwaye, byari byitezwe.
Iyo bahuye n’ukugaragaza ibibazo by’inyangamugayo n’imyitwarire mibi, ubutegetsi bwubakiye ku ivangura no gucamo abantu ibice ntibwisubiraho; ahubwo buhisha, bukora icengezamatwara kandi bukomeza gukaza imitekerereze mibi.
Ishimwe kuri Bertello
Cardinal Bertello ubwo yari mu Rwanda nk’intumwa ya Papa, ntabwo yashakaga ko hicwa abantu benshi, ni yo mpamvu atifuuzaga ko hashyirwa mu bikorwa iryo tsembabwoko ryari riri gutegurwa, imvugo gutsemba, imyumvire y’umwanzi, gutoza abicanyi, no kubiba urwango mu bice bitandukanye.
Mu buryo bwa tewolojiya, icyaha cyari cyarubakiwe intebe, kandi cyarateguwe neza. Guceceka kuri icyo gihe byari nko kwifatanya n’abagikora.
Abepiskopi n’abashinzwe umurimo w’idini mu Rwanda ntibareberaga ibintu hanze gusa; ni gute babayeho kandi bakora umurimo wabo mu muryango aho urwango rwari rwarahawe intebe, mu madiyosezi n’amaparuwasi yabo, kandi aho ibiganiro by’urwango byakwirakwizwaga ahanini mu Kinyarwanda?
Imyitozo y’Interahamwe n’Impuzamugambi yabaga, ubukana bwa politiki bwiyongeraga, intwaro zongerwaga, ndetse n’ibitutsi byavugwaga, mbese ntibabibonaga cyangwa ngo babirwanye mu ruhame, mu gihe byagaragaraga kandi byumvikana mu bantu babo bishingikirije ku madini?
Ubutwari bwa Bertello bwo kuvuga neza, kuburira nta guhisha, no kwita kurimbura ko ari kurimbura si ibintu bisanzwe gusa; byari byihariye kuko byamushyize mu kaga imbere y’abafite imbaraga kandi bimwereka urwango rwa politiki.
Ariko kandi byamuhuje neza n’imigenzo y’ukuri y’ivugabutumwa rya gikristu: kudahindura icyaha amagambo meza, no kwemeza ko ububasha bw’inyangamugayo butagira icyo bumara igihe buhanganye n’icyaha cyateguwe neza.
Ibimenyetso byagaragaraga ku mugaragaro bigaragaza ko Giuseppe Bertello atarebaga gusa, ahubwo yari ijwi ry’ubuhanuzi mu gihe cy’umwijima cyane mu Rwanda.
Kumenya kwe Habyarimana nk’umuntu mubi kandi urwanya amahoro, kwihangana kwe ku bijyanye n’inshingano z’ubutabera n’iza politiki, hamwe no kumenya icyerekezo cya Jenoside cyari kirimo gushingirwaho n’inyigisho za MRND–CDR, ni ingenzi cyane mu mateka no mu myifatire y’inyangamugayo.
Mu gusesengura binyuze mu magambo n’ibikorwa by’umukuru w’igihugu ubwabo, bitwereka ukuntu ibikorwa bidasanzwe, byubakiye ku mahame, kandi by’ubutwari bishobora kugaragaza ukuri, guhangana n’icyaha, no gutanga umurongo mu gihe guceceka cyangwa gufatanya n’ikibi bibaye ibisanzwe.
Amateka asabwa guha Bertello agaciro, si kubera ko yigaragaje ahubwo kubera ubushishozi bwe, ubutwari bw’ubunyangamugayo, no gukomera ku bw’iyubahirizwa ry’ubuzima n’ubutabera.
Mu buryo ubwo ari bwo bwose, uruhare rwa Bertello ntabwo rwari amateka gusa, ahubwo rwari ubutwari. Ruhagarariye igipimo cyo guceceka, gutinza, no kwemera ibyaha by’abandi ku buryo bw’ubunyangamugayo.
Amateka yemeje neza ibyavuzwe na Bertello ku buryo bubabaje. Kurimbura yavuze byarabaye koko. Amahoro yarirengagijwe nk’aho ari ubusa, ariko yabaye igisubizo cyonyine cyari gusubiza umutekano mu gihugu mbere y’isenywa ry’igihugu. Ubuhamya bwe buragaragaza ko hari indi nzira yashobokaga ishingiye ku bushishozi, ubutwari, n’ubunyangamugayo bwa tewolojiya nubwo yarengejwe ingohe.
Uruhare rwa Bertello rero rugomba kwigwa, si nk’ikintu gisanzwe ahubwo nk’urugero rw’icyitegererezo.
Rugaragaza uko Ubukristu bumeze iyo budatanga umusaruro, ntibuguma mu bwitonzi cyangwa kutagira uruhare, imbere y’icyaha cyateguwe neza. Binerekana kandi ingaruka zo guceceka, kuko zitagera ku bigo cyangwa imiryango ahubwo zigera ku buzima bw’abantu. Mu buryo ubwo ari bwo bwose, ijwi rye ntirigomba gufatwa gusa nk’iry’ingenzi mu mateka, ahubwo rigomba no gufatwa nk’impuruza muri iki gihe.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *