skol

Urukiko rwategetse ko Kalisa Adolphe afungwa iminsi 30 y’agateganyo

Yanditswe: Monday 29, Sep 2025

featured-image

Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo rwategetse ko Kalisa Adolphe (Camarade) wari Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) afungwa iminsi 30 y’agateganyo kuko hari impamvu zikomeye zituma akekwaho ibyaha akurikiranyweho.

Kalisa Adolphe aregwa n’Ubushinjacyaha ibyaha bibiri byo kunyereza umutungo no gukoresha inyandiko mpimbano.

Ni icyemezo cyatangajwe kuri uyu wa Mbere tariki ya 29 Nzeri 2025 nyuma yo kuburana ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo byabaye ku itariki 25 Nzeri 2025.

Urukiko rwatesheje agaciro inzitizi uruhande rwa Kalisa rwari rwagaragaje ruvuga ko nta mpamvu zihari zituma uregwa akurikiranwa afunze ndetse no kuba Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo rudafite ububasha bwo kumuburanisha.

Mu byashingiweho urukiko rwanzura gufunga Kalisa by’agateganyo rwagaragaje ni uko hari impamvu zikomeye zituma akekwaho icyaha cyo gukora no gukoresha inyandiko mpimbano.

Rwasanze kandi hari impamvu zikomeye zituma Kalisa akekwaho gukoresha nabi umutungo wa FERWAFA rutegeka ko akurikiranwa afunze mu minsi 30 y’agateganyo kugira ngo Ubushinjacyaha bukomeze iperereza.

Mu iburanisha riheruka ku wa 25 Nzeri 2025 uruhande rwunganira Adolphe rwari rwagaragaje ko FERWAFA iri mu Murenge wa Remera mu Karere ka Gasabo mu ifasi y’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro bityo ko ikirego kitakwakirwa mu rukiko rw’Ibanze rwa Gasabo bubasha bwarwo.

Ubushinjacyaha ariko bwasobanuye ko uregwa atuye muri uwo Murenge wa Kimironko, kandi uri mu ifasi y’urwo Rukiko, ndetse ko bitaremezwa ko ibyaha akurikiranyweho byakorewe gusa mu nyubako ya FERWAFA.

Kuri iyo ngingo, Urukiko rwavuze ko iyo nzitizi nta shingiro ifite kuko uregwa atuye muri Kimironko kandi ari mu ifasi yarwo.

Ubushinjacyaha kandi bwagaragaje ko Kalisa Adolphe akurikiranyweho ibyaha bifitanye isano n’urugendo Ikipe y’Igihugu Amavubi yagiriye muri Nigeria mu 2024 bigakekwa ko yanyereje agera kuri miliyoni 21$ mu gihe yari Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA.

Nubwo Camarade yari yatanze ingwate n’umwishingizi, Urukiko rwagaragaje ko hari iperereza rigikorwa n’Ubushinjacyaha kandi bwari bwagaragaje impungenge ko ashobora kuribangamira.

Urukiko rwibukije ko kujuririra icyo cyemezo bikorwa mu minsi itanu gusa kikimara gusomwa.

Kalisa Adolphe watawe muri yombi ku wa 4 Nzeri 2025, agiye guhita ajyanwa mu Igororero rya Nyarugenge.

Urukiko rwategetse ko Kalisa Adolphe wa FERWAFA afungwa iminsi 30 y’agateganyo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa