skol
fortebet

RHA yamaganye ibyo kubakisha amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu hanze

Yanditswe: Friday 12, Apr 2024

featured-image

Sponsored Ad

Ikigo gishinzwe imiturire mu Rwanda cyandikiye uturere twose gisaba guhagarika kubakisha amakaro yagenewe gukoreshwa mu bwogero [douches] ku nkuta z’inzu.

Sponsored Ad

RHA ivuga ko kuyubakisha bihindura imiterere y’inyubako bikaba binasebetse haba ku Banyarwanda no ku bashyitsi basura igihugu.

Ikigo cy’igihugu cy’imyubakire cyasabye uturere kwita kuri iki kibazo cy’amakaro atabereye ijisho kandi atarengera ibidukikije yubakishijwe ku nkingi z’amabaraza, hejuru ku mazu atandukanye.

Iyo myubakishirize y’amakaro yagaragaye mu turere twinshi dutandukanye ndetse bamwe babifataga nk’umuderi.

Hari amakuru avuga ko abaturage babikoze babitegetswe n’ubuyobozi gusa byagaragaye ubu ko atujuje ubuziranenge.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa