skol

Igipimo cy’Ubwiyunge mu Rwanda cyazamutse kigera kuri 94.7%

Yanditswe: Thursday 22, Apr 2021

Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge (NURC) yatangaje ubushakashatsi isanzwe ikora buri myaka itanu,bwemeje ko ubwiyunge bumaze kugera kuri 94.7% ,buvuye kuri 92.5% mu mwaka wa 2015, mu gihe mu mwaka wa 2010 intambwe yari kuri 82.3%.

Igipimo cy’Ubwiyunge mu Banyarwanda [Rwanda Reconciliation Barometer 2020], kigaragaza ko mu myaka itanu ishize [kuva mu 2015, ubwo hakorwaga ubundi bushakashatsi], habayeho kuzamuka ku kigero cya 2.3%. Ku rundi ruhande ariko ngo n’ubwo intambwe yatewe igaragarira buri wese ntabwo abanyarwanda bakwiye kwirara.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge, Ndayisaba Fidèle, avuga ko Abanyarwanda ari bo ubwabo bazomorana ibikomere.

Hagaragajwe kandi ko ubwiyunge bushyigikiwe kandi buzamurwa n’inkingi zirimo, gusobanukirwa amateka y’Igihugu no gutekereza ahazaza h’u Rwanda, kwiyumva mu bunyarwanda (Ndi Umunyarwanda), icyizere n’uruhare by’abaturage mu miyoborere, umutekano n’imibereho myiza, ubutabera, ndetse n’imibanire.

Ibyavuye mu bushakashatsi byerekana intambwe ishimishije ubwiyunge bumaze kugeraho mu Rwanda, aho iyi ntambwe igeze kuri (94,7%), ivuye kuri 92.5% mu mwaka wa 2015, mu gihe mu mwaka wa 2010 yari kuri 82.3%.

Ubushakashatsi bugaragaza ko abaturage bishimiye uruhare rw’itangazamakuru mu guteza imbere ubwiyunge ku kigero cya 84.6% bivuye kuri 70.8% mu 2015.

Kugeza ubu abaturage bashima uruhare rw’imitwe ya politiki mu guteza imbere ubwiyunge ku kigero cya 84.9% bivuye kuri 73.1% mu 2015.

Abaturage kandi bashima uruhare rw’imiryango itari iya Leta mu guteza imbere ubwiyunge ku kigero cya 84.6% bivuye kuri 70.8 mu 2015, mu gihe mu 2010 byari kuri kigero cya 70.3%.

NURC itangaza ko habayeho ubudaheranwa, aho abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi bakomeje gutwaza gitwari.

Ubushakashatsi bugaragaza ko ukuri ku mateka no guhana icyaha cya Jenoside n’ibyaha bifitanye isano biri ku kigero cya 98.3% bivuye kuri 94.4% mu 2015.

Kwishyura imitungo yangijwe cyangwa yasahuwe mu gihe cya Jenoside biri kuri 91.4% bivuye kuri 88.2% mu 2015.

Gusaba imbabazi no kuzitanga biri kuri 95.8% bivuye kuri 93.7% mu 2015. Gukira ibikomere ku muntu ubwe biri kuri 86.7% bivuye kuri 88.6% mu 2015.

Kuri iyi ngingo, Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge igaragaza ko gukira ibikomere ku muntu ku giti cye, bimaze gutera intambwe kuko ngo Abanyarwanda basobanukiwe ibikomere bagize.

Ndayisaba, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa NURC, yagize ati: “Gukira ibikomere ku muntu ku giti cye byateye intambwe kuko babona umwanya uhagije wo kuganira, abakoze Jenoside abenshi barangije kugororwa basubira mu miryango kandi abenshi bemeye uruhare rwabo basaba n’imbabazi. Abakorewe Jenoside bagize umutima ubohotse batanga imbabazi nabyo bigenda bibafasha gukira”.

Muri gahunda zigira uruhare mu guteza imbere ubwiyunge mu Rwanda, NURC igaragazamo buruse y’indashyikirwa itangwa na Perezida wa Repubulika, kuvanga ingabo, umugoroba w’ababyeyi, kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, Itorero ry’Igihugu, gucyura impunzi, Girinka Munyarwanda, Ndi Umunyarwanda n’izindi gahunda.

Ubushakashatsi bwa Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge bwa 2020, bugaragaza ko abantu bagikwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside ari 8.6%, mu 2015 bari 25.8% mu gihe mu 2010 bari kuri 31.5%.

Abirebera n’abarebera abandi mu ndorerwamo z’amoko n’ibindi bitanya Abanyarwanda ni 1.8%, bavuye kuri 27.9% mu 2015 mu gihe mu 2010 bari 30.5%. Abagaragarwaho n’ibikomere byatewe na Jenoside na Politiki y’amacakubiri ni 26.9% bavuye kuri 4.6% mu 2015 mu gihe mu 2010 bari 11.6%.

Bimwe mu byifuzo Abanyarwanda bagaragaje, bavuze ko ari ngombwa gukomeza kwigisha ukuri ku mateka yo mu Rwanda by’umwihariko kuri Jenoside yakorewe Abatutsi cyane cyane mu babyiruka.

Bavuga ko hakwiye kongera imbaraga muri gahunda z’isanamitima mu rwego rwo gufasha Abanyarwanda komorana ibikomere, gukomeza ibiganiro bya Ndi Umunyarwanda kandi bigakorerwa ahantu hatanga ubwisanzure.

Ubushakashatsi bwakorewe mu mirenge 416 n’uturere 30 no mu midugudu 2 muri buri murenge, aho ingo 12 zabajijwe muri buri mudugudu.

Ababajijwe bose hamwe ni 12,600 harimo ingo 9,720 n’ababarizwa mu bigo bihuza abantu benshi 2,880. Habajijwe kandi ingo 324 zatoranijwe muri buri Karere, habazwa n’imfungwa n’abagororwa bacumbikiwe muri gereza eshanu.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa