skol
fortebet

MINICOM yasunikiye umupira umuhinzi ngo yishakire isoko mbere yo guhinga

Yanditswe: Tuesday 27, Aug 2024

featured-image

Sponsored Ad

Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), iratangaza ko mu rwego rwo gukemura ikibazo cy’umusaruro ubura amasoko, abaturage bakwiye kubanza kumenya isoko bazagurishaho umusaruro wabo mbere yo guhinga.

Sponsored Ad

Hashize igihe hirya no hino mu Gihugu humvikana abaturage bataka ko bafite umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi, ariko bakaba barabuze isoko ryawo.

Ingero za hafi zirimo iz’abahinzi b’umuceli bo mu kibaya cya Bugarama mu Karere ka Rusizi, bejeje toni zisaga 5000 z’umuceli ariko bakaza kubura isoko.

Iki kibazo cyavuzweho kenshi mu itangazamakuru ariko ntihagira igikorwa, kugeza ubwo Perezida wa Repubulika ubwo yakiraga indahiro z’Abadepite baheruka gutorwa muri Manda ya Gatanu y’abagize Inteko Ishinga Amategeko, yasabaga ko gikurikiranwa.

Akimara kubivuga, hahise hashakwa umuti wihuse, ndetse umusaruro wose w’umuceli uhita ubona ibigo biwugura.

Mu bindi byavuzwe harimo abaturage bo mu Murenge wa Nasho w’Akarere ka Kirehe, bavuga ko bejeje ibitoki byinshi bikaba byarabuze isoko kugeza ubwo bibanekeraho.

Aba baturage ba Kirehe bavuga ko abayobozi ba Koperative babategetse ko ibitoki bizagurishwa ari uko babahaye uburenganzira, kandi ko igitoki kitagejeje ibiro 20 kitemewe kugurishwa.

Hari n’abaturage bavuga ko utanze amafaranga ibihumbi 20 y’u Rwanda ari we ushakirwa isoko ry’umusaruro w’ibitoki, ibintu bo bafata nka ruswa.
Havuzwe kandi ikibazo cy’umusaruro wa karoti mu Burengerazuba bw’u Rwanda, aho abahinzi bavuze ko umufuka waguraga amafaranga ibihumbi 100, bawugurishaga atarenze ibihumbi 25 y’u Rwanda.

Ibi byose kandi bikavugwa mu gihe hari ibindi bice by’Igihugu bene uwomusaruro uba ntawuhari ndetse uhenze ku isoko ryaho, ariko ugasanga abaturage batawujyana ku isoko riwukeneye.

Uretse umusaruro w’ubuhinzi, hari n’aborozi bo mu Murenge wa Gikonko w’Akarere ka Gisagara, bataka igihombo baterwa no kuba batemerewe kugurisha umukamo mu kandi karere cyangwa mu Yindi mirenge.

Abo bahinzi bavuga ko bahabwa amafaranga 220 kuri litiro imwe y’amata, mu gihe igiciro ntarengwa cyashyizweho na MINICOM ari amafaranga 400 kuri litiro y’amata.
Aba baturage kandi bagaragaza ko mu bice baturanye nko mu Karere ka Nyanza, ho umworozi agurirwa amata ku mafaranga 350, nyamara bo bakaba batemerewe kujyanayo umukamo wabo.

Ibibazo by’abaturage bahinga bakabura umusaruro ni byinshi, ariko Dr. Alexis Kabayiza, Umujyanama mu bya Tekiniki muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), agaragaza ko mu buryo busanzwe, habanza gushaka isoko mbere yo kubona umusaruro.

Mu kiganiro ‘Urubuga rw’Itangazamakuru’ cyo ku Cyumweru tariki 25 Kanama 2024, uyu muyobozi yavuze ko ku bihingwa ngandurarugo, muri rusange ibijyanye no gushaka amasoko y’umusaruro kuva mu ihinga kugera umusaruro ubonetse bikurikiranwa, ariko bikaba byiza ko abahinzi bahinga bafitanye amasezerano n’abaguzi.

Ati “Usibye ko abantu bajya babyirengagiza, ariko ubundi burya habanza isoko. Iyo hatabanje isoko, n’ubundi ntihashobora kubura ikibazo gishobora kuvuka cy’umusaruro waba utabonye isoko”.

Dr. Kabayiza avuga ko nka Minisiteri, buri gihembwe bakora umwitozo wo kugena igiciro kitagibwa munsi, mu rwego rwo kugira ngo abahinzi barusheho kubona inyungu ituma bakomeza guhinga no kuzamura umusaruro.

Ku kibazo cy’ibihingwa byinshi byabuze isoko muri iki gihembwe cy’ihinga gishize, Dr. Alexis Kabayiza avuga ko mu Karere kose u Rwanda ruherereyemo habonetse umusaruro mwinshi bitewe n’ikirere cyabaye cyiza, nay o ikaba yaba imwe mu mpamvu zatumye hari abahinzi batabona isoko ry’ibyo bejeje.

Uyu muyobozi akavuga ko iyo bimeze bityo, ikiba gikenewe cyane ari amakuru aturuka mu bahinzi ndetse n’inzego z’ubuyobozi zibegereye, kugira ngo ahabaye ikibazo izo nzego zifatanye kugishakira umuti.

Dr. Karangwa agaragaza ko nko ku musaruro w’ibigori, umusarurougera kuri 13.8% wangirika utaragera ku isoko, mu gihe mu myaka 10 ishize byari hejuru ya 25%. Umusaruro w’umuceli wangirika utaragera ku isoko wo ubarirwa kuri 12.4%.

Ku musaruro w’ibishyimbo hangirika 11.3%, naho inyanya ndetse n’izindi mboga muri rusange hakangirika umusaruro ubarirwa hejuru ya 33.5%
Ivomo:Kigalitoday

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa