skol

Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda yatangaje ibiciro bishya ku birayi, kawunga n’umuceli

Yanditswe: Wednesday 19, Apr 2023

featured-image

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko yakuyeho umusoro ku nyongera gaciro (TVA/VAT) ku biribwa by’umuceli na Kawunga ihita inatangaza ibiciro ntarengwa kuri ibi biribwa no ku birayi.

Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda niyo yatangaje izi mpinduka ivuga ko zigomba gutangira gukurikizwa ubu.

Leta ifashe iki cyemezo nyuma y’igihe abaturage binubira izamuka ry’ibiciro ku isoko. Gusa hari impungenge ko ibi bidashobora gukurikizwa kubera ukwinangira kw’abacuruzi bashaka inyungu nyinshi.

Ibiciro bishya byashyizweho na minisiteri y’ubucuruzi bigaragaza ko ikiro cy’ibirayi kidashobora guhenda ngo kirenze amafaranga y’u Rwanda 460 mu gihe umuceli wa basimati udakwiye kurenza amafaranga 1455 mu gihe umuceli usanzwe wa nomero yambere nawo udakwiye kurenza amafaranga 450. Kuri kawunga ho ikiro ntigikwiye kurenza amafaranga 800.

Ibitekerezo

  • guverinoma y,uRWANDA niyogushimwa kubwo kurebera abanyarwanda. gusa bakurikirane ibiciro byabacuruzi bishyiriraho

    Bjr aho mwibeshye ibirayi byo birugurishya

    Rwose nibyishimo kuritwese

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa